Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha -RIB, rugaragaza ko mu cyumweru cy’icyunamo, amadosiye rwakiriye y’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo ari 51 n’indi imwe y’ibyaha by’ivangura no gukurura amacakubiri.
Amadosiye arimo abantu batamenyekanye ni umunani, abantu bose baketswe ni 53, ubu 39 barafunze, mu gihe abandi batandatu bagishakishwa.
Mu bakekwa bagera kuri 53, abagabo bihariye ijanisha rya 79,2 % na ho abagore ni 20,8%. Hagendewe ku myaka y’abaketsweho ibi byaha, urubyiruko ruza ku mwanya wa kabiri kuko rwihariye 24.5%.
Kugeza ubu Akarere ka Gasabo, Kayonza na Nyagatare nitwo tuza imbere mu kugira imibare iri hejuru y’abakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo.
Ibi bituma Intara y’u Burasirazuba iza ku mwanya wa mbere nigakurikirwa n’iy’Amajyepfo mu gihe iy’Amajyaruguru iza inyuma.
RBA dukesha iyi nkuru ntiyasuye Intara y’Iburasirazuba, ahubwo yageze mu ntara y’Amajyepfo, hamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bakorewe ubugizi bwa nabi n’abantu batashoboye kumenyekana.
Mu rugo rwa Kayirangwa Charles warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, utuye mu Kagari ka Mugina Umurenge wa Mugina w’Akarere ka Kamonyi, basanze barimo gukora isuku mu nzu yatwitswe n’abagizi ba nabi bataramenyekana bayisutseho Lisansi mu ijoro ryo ku itariki 12 rishyira ku wa 13 Mata 2024.
Nzamukosha Selaphine na we warokokeye Jenoside mu Kagari ka Nteko muri Mugina, kugeza ubu abantu bataramenyekana bamuranduriye imyumbati y’imishore n’ibiti bisaga 80.
Aba bombi bavuga ko ibi bikorwa bakorewe biteye agahinda nyuma y’imyaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.
Perezida wa IBUKA muri Kamonyi, Benedata Zacharie avuga ko ibi bikorwa by’ubugizi bwa nabi bisubiza inyuma ibipimo by’ubumwe n’ubudaheranwa.
Mu mwaka ushize wa 2023 ho, mu cyumweru cy’icyunamo RIB yakiriye dosiye 56 z’ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo n’abantu 62 baketsweho ibi byaha.
Umukozi mu ishami rishinzwe gukumira ibyaha muri RIB, Ntirenganya Jean Claude avuga ko ari ngombwa gukomeza kongera imbaraga mu guhangana n’ibi byaha.









































































































































































