Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Buri munyarwanda ararebwa n’uburere bw’abana cyane cyane muri ibi biruhuko birebire

CP Kabera John Bosco, Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda (Ifoto/Ububiko)

Kuva tariki ya 05 Ugushyingo 2019 abana biga mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye batangiye ibiruhuko birebire bisoza umwaka w’amashuri wa 2019. Ni ibiruhuko bikunze kumara amezi abiri.
Ku cyumweru tariki ya 24 Ugushyingo 2019, Polisi ifatanyije n’abayobozi mu nzego z’ibanze zo mu karere ka Gakenke mu murenge wa Janja, bakoze igikorwa cyo gutahura abana birirwa mu masoko no kwihanangiriza ababakoresha. Abana 37 bagaragaye mu isoko rya Janja bari mu bikorwa bitandukanye ndetse hari n’abagiye bagaragara bikoreye imitwaro iremereye bahawe n’ababyeyi babo ngo bayijyane ku isoko. Aba bana bari mu kigero cy’imyaka y’amavuko hagati ya 9 na 14, bose basubijwe mu miryango yabo ndetse n’ababyeyi babo bahabwa ubutumwa bwo kwita ku bana babo.

Aha niho ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda buhera busaba buri muturarwanda wese kumva ko afite inshingano yo kwita no kurinda umwana ibikorwa bibi byose buri gihe ariko cyane cyane muri ibi bihe by’ibiruhuko.

Kubera uburebure bwabyo akenshi usanga abana cyane cyane abamaze kwigira hejuru, nko mu mashuri abanza n’ayisumbuye bagaragara mu bikorwa binyuranyije n’amategeko, nko gukoresha ibiyobyabwenge, ubusinzi n’ibindi bitandukanye. Abakiri bato usanga bashorwa mu mirimo ivunanye itajyanye n’imyaka yabo, nko kurinda imirima y’imiceri, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na za kariyeri, gusabiriza ku mihanda n’ibindi.

Nyamara ibyo bikorwa byose ahanini usanga bimwe babishorwamo n’abantu bakuze cyangwa se ababyeyi babo.  Aho usanga bamwe mu babyeyi bakoresha abana imirimo itandukanye itajyanye n’imyaka yabo nko gucuruza mu masoko, gucuruza mu tubari, kurinda inyoni mu mirima y’imiceri n’ahandi…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, arasaba abanyeshuri bari mu biruhuko kwirinda kujya mu bikorwa binyuranyije n’amategeko ndetse bikanahungabanya umutekano wabo n’uwi igihugu muri rusange.

Yagize ati: “Turasaba abanyehuri kwirinda icyo aricyo cyose cyabashora mu bikorwa binyuranyije n’amategeko nko kunywa ibiyobyabwenge kuko bihungabanya umutekano wabo ndetse n’uw’igihugu muri rusange bikanagira ingaruka ku buzima bwabo.”

CP Kabera yakomeje yihanangiriza  abantu bakoresha abana imirimo ivunanye bakiri bato ndetse  anaburira abantu babajyana mu tubari no mu bindi birori bakabaha ibisindisha.

Ati: “Polisi y’u Rwanda irihanangiriza  abantu bakoresha abana imirimo ivunanye kandi batarageza imyaka y’ubukure, twavuga abashora  abana mu birombe by’amabuye y’agaciro, mu mirima y’ibyayi no mu yindi mirimo  yo mu ngo ivunanye.  Abategura ibirori, iminsi mikuru n’abafite utubari baributswa ko umwana uri munsi y’imyaka 18 atemerewe kwinjira mu kabari, kirazira kandi guha umwana ibisindisha. Ibi byose bibangamira uburenganzira bw’umwana kandi ni icyaha gihanwa n’amategeko. ”

Hejuru y’ibyi byose ariko ababyeyi barakangurirwa kuba hafi y’abana babo bakabashakira uturimo two mu rugo cyangwa utundi tuntu bahugiraho nk’amasomo yo mu biruhuko ku buryo batabona umwanya wo kuba bajya mu buzererezi kuko ariho ababashora mu ngeso mbi babafatira. Buri muturarwanda agomba kumenya ko uburere bw’umwana bumureba, yabona umwana ari mu bidakwiye akamucyaha cyangwa akabimenyesha ubuyobozi bumwegereye.

Itegeko n° 66/2018 ryo ku wa 30/08/2018 rigenga umurimo mu rwanda  ingingo ya 6 igena imirimo ibujijwe gukoresha umwana utarageza ku myaka cumi n’umunani (18) ariyo  imirimo ihungabanya imiterere y’umubiri w’umwana; imirimo ikorerwa munsi y’ubutaka, munsi y’amazi, kandi harehare cyangwa hafunganye; imirimo ikoreshwa imashini n’ibikoresho bishobora kugira ingaruka mbi cyangwa isaba guterura no kwikorera umutwaro  uremereye; imirimo ikorerwa ahantu hari ubushyuhe,ubukonje, urusaku,ibitigita n’ibindi byangiza ubuzima bw’umwana;imirimo ikorwa amasaha menshi, mu ijoro cyangwa ikorerwa ahantu hafunganye.

Uramutse ubonye umwana ukoreshwa imirimo ivunanye wahamagara imirongo ya telefoni ya polisi itishyurwa ariyo 112 cyangwa 116.

Ubwanditsi

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities