Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bufatanye n’Ikigega mpuzamahanga The Global Fund, bakomeje kongera imbaraga mu guhangana n’indwara z’icyorezo zirimo Sida, igituntu na malariya, binyuze mu gukwirakwiza umuti mushya urinda kwandura Virusi itera SIDA.
Uyu muti witwa Lenacapavir, wakozwe n’uruganda Gilead Sciences, witezweho kugera nibura ku bantu miliyoni eshatu mu mwaka wa 2028, nk’uko gahunda irimo gushyirwa mu bikorwa ibigaragaza.
Kugeza ubu, Lenacapavir yamaze kugera mu bihugu icyenda byo ku mugabane wa Afurika, aho iri gutangira gutangwa mu buryo bugeragezwa mu matsinda atandukanye y’abantu bafite ibyago byinshi byo kwandura Sida.
Global Fund yatangaje ko iri mu mugambi wo kwagura iyi gahunda, ku buryo indi miryango y’ibihugu 12 izinjira muri iyi gahunda yo kuyihabwa. Muri ibyo bihugu hateganyijwe harimo Repubulika y’Abadominikani, Fiji, Indonesia, Maroc, u Rwanda ndetse na Thailand.
Mu rwego rwo kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda, muri Nyakanga 2025, Global Fund yasinyanye amasezerano n’uruganda Gilead, agamije gutanga nibura doses miliyoni ebyiri z’uyu muti mu gihe cy’imyaka itanu, zigenewe cyane cyane ibihugu bikennye.
Nubwo hari intambwe igaragara imaze guterwa, umuryango Médecins Sans Frontières, uvuga ko hakiri icyuho kinini, kuko umubare w’abazawugeraho ukiri muto ugereranyije n’abawukeneye ku rwego rw’isi.
Lenacapavir ifatwa nk’udushya mu rwego rwo kurinda SIDA, kuko itandukanye n’imiti isanzwe yafatwaga buri munsi mu buryo bw’ibinini. Uyu wo uterwa mu rushinge, kandi umuntu awuhabwa inshuro ebyiri gusa mu mwaka.
Uyu muti ukaba ufasha umubiri kubaka ubwirinzi bukomeye, aho iyo virusi ya SIDA igerageje kwinjira, ihura n’ubwirinzi buyihashya vuba, ntibone uko ikwirakwira cyangwa ngo igire icyo yangiza mu mubiri.
Abahanga mu by’ubuzima bagaragaza ko iyi gahunda ishobora guhindura cyane uburyo bwo kurwanya Sida ku isi, cyane cyane mu bihugu bifite ibyago byinshi byo kwandura, binyuze mu koroshya uburyo bwo kwirinda no kongera umubare w’ababasha kubona ubuvuzi.

U Rwanda rugiye guhabwa umuti wa lenacapavir urinda kwandura SIDA mu buryo bworoshye














































































































































































