Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru, Gabby Bugaga yishwe arasiwe mu modoka ye i Bujumbura.
Byateye ubwoba mu baturage bibaza niba ibyabaye ari umugambi w’ubwicanyi wateguwe neza cyangwa niba ari ibintu byabaye gutyo gusa.
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu (tariki ya 15 Mata), nibwo Minisitiri Bugaga yarasiwe ahitwa Kivoga muri Bujumbura.
Nk’uko amakuru y’ibanze abivuga, Bugaga yari ari mu modoka irinzwe n’abashinzwe umutekano we ubwo yagabwagaho igitero n’abantu batahise bamenyekana.
Nyuma y’urupfu rwe, amakuru atandukanye yatangiye gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga.
Bamwe bavuga ko byaba bifitanye isano n’impanuka yo mu muhanda, mu gihe abandi agaragaza ko ashobora kuba yagabweho igitero cyateguwe.
Icyakora, nta ruhande rudafite aho ruhengamiye ruragira icyo tubitangazo mu buryo budakuka.
Abayobozi ba Leta ntibaratanga itangazo risobanura neza icyateye urupfu rwe.
Hategerejwe ko iperereza rizatanga ibisobanuro birambuye kuri iki kibazo, mu gihe inzego z’umutekano zikomeje gushakisha niba urupfu rwa Bugaga rwatewe n’impanuka cyangwa niba ari igitero cyagambiriwe.
Gabby Bugaga yari ashinzwe kugenzura no kuyobora politiki z’itangazamakuru, itumanaho rya Leta n’imikorere y’ibitangazamakuru mu gihugu.















































































































































































