Connect with us

Hi, what are you looking for?

Imanza

Iburanishwa rya Ingabire Victoire Umuhoza ryasubitswe

Raoul Nshungu

Ingabire Victoire Umuhoza yasabye urukiko ko iburanishwa rye ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ryasubikwa, kubera impamvu eshatu zirimo no gushaka kunganirwa n’Umwavoka we wo muri Kenya.

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukurikiranweho ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yageze imbere y’Urukiko kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Nyakanga 2025 ku Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo aburane ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo.

Avuga ko afite umunyamategeko w’Umunya-Kenya ugomba kumwungabira muri uru rubanza, bityo ko yafashwa kugira ngo azabashe kuzuza inshingano ze zo kumuburanira.

Mu izindi mpamvu Ingabire Victoire yagaragaje ko Iburanishwa rye ryasubikwa kubera impamvu zirimo ko ikirego ubushinjacyaha bwamuhaye cyari cyanditse mu buryo butamworoheye gusobanukirwa ibyo akurikiranyweho. Agira ati “Byari ibintu bicucikiranye”.

Yavuze ko impamvu ya gatatu ari uko ugereranyije igihe yaherewe ikirego, ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize n’igihe yasabwe kuza kwiregura, nta minsi ihagije irimo yo kuba yiteguye, kuko nta minsi itanu byibuze irimo.

Mu gusubiza kuri ibyo byifuzo bya Ingabire Victoire, Ubushinjacyaha bwavuze ko ibiri gukorwa ari ugushaka gutinza urubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, kandi ari urubanza rukwiye kuba mu gihe kidatinze.

Umushinjacyaha asubiza ku cyo kuba ashaka undi munyamategeko avuga ko mu ibazwa rye Ingabire yunganiwe n’umunyamategeko kandi we ubwe yishakiye. Agira ati “Ubwo yabazwaga mu bugenzacyaha, yarunganiwe kandi yunganirwa n’umunyamategeko ubwe yishakiye, aho tukaba dusanga nta n’ikibazo kirimo…Rero ukekwaho icyaha arunganiwe kandi yunganiwe neza.”

Yavuze ko uru rubanza rutasubikwa kuko hategerejwe umunyamategeko w’umunyamahanga, kandi urubanza rutaratangira kuburanwa mu mizi, ari ugushaka gutinza urubanza, asaba ko icyo cyifuzo cyateshwa agaciro.

hashingiwe ku mbogamizi yagaragarije urukiko Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro r byarangiye rufashe umwanzuro ko urubanza rwa Ingabire Victoire Umuhoza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ruzakomeza ku itariki 15 Nyakanga 2025, kugira ngo uregwa abone umwanya uhagije wo gutegura kwiregura kwe.

Tariki  19  Kamena 2025, nibwo ingabire yahamagajwe n’Urwego rw’iguhugu rw’Ubugenzacyaha ahita atabwa muri yombi  kubera ibyaha akekwaho birimo gukwirakwiza amakuru y’ibihuha.

Uyu munyapolitiki washinze ishya DALFA-Umurinzi ritemewe mu Rwanda, yagiye agarukwaho inshuro nyinshi mu rubanza ruregwamo abantu icyenda (9) baregwa ibyaha birimo gushaka gukuraho ubutegetsi hatabaye imirwano.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities