Connect with us

Hi, what are you looking for?

Imikino

Igicumbi cya Siporo kimaze guhindura isura y’Umujyi wa Kigali

Panorama Sports

Umushinga wo guhindura Umujyi wa Kigali igicumbi cya siporo n’ishoramari rishingiye ku mikino, ukomeje gushyirwa mu bikorwa no guhindura isura y’Umurwa Mukuru w’u Rwanda.

I Remera mu karere ka Gasabo, ahagenewe kuba igicumbi cya siporo, hamaze kuzura ibikorwaremeza bibarirwa agaciro k’amadolari ya Amerika arenga miliyoni 294, ni ukuvuga arenga miliyari 425 z’amafaranga y’u Rwanda.

Umujyi wa Kigali ukomeje kwihuta cyane mu isura nshya y’ubukerarugendo bushingiye ku mikino n’ishoramari, hubakwa ibikorwaremezo bya siporo kandi bigezweho.

Mu myaka 5 ishize nibwo guverinoma y’u Rwanda yashyize ahagaragara umushinga wiswe Kigali Sports City Hub, wari ugamije guhindura Remera, igicumbi cya siporo muri Kigali. Ni umushinga wari uteganijwe kubakwa ku butaka bungana na hegitare 35 hafi y’ahubatswe Stade Amahoro.

Nk’uko RBA dukesha aya makuru ibitangaza, ibikorwaremezo bimaze kubakwa i Remera, biratanga ishusho nshya y’Umujyi wa Kigali, aho siporo n’ubukungu bihurira bikabyara icyerekezo gishya cy’igihugu.

Igikorwa gishya giheruka kuzura no gufungurwa ku mugaragaro ni Zaria Court yuzuye itwaye arenga miliyoni 25 z’amadolari ya Amerika, ni ukuvuga arenga Miliyari 35 z’amafaranga y’u Rwanda. Iki gikorwaremezo kije gikurikira Stade Amahoro yavuguruwe kuri Miliyoni 165 z’amadorali ya Amerika, ndetse na BK Arena na yo yuzuye itwaye arenga miliyoni104 z’amadolari ya Amerika.

Ibi bikorwaremezo byose bije byunganira ibindi bijyanye n’ubucuruzi byubakwa n’abikorera, birahindura isura y’Umujyi, bikaba ari n’inyungu ku bawutuye n’abawugenda.

Perezida Paul Kagame ubwo yari mu muhango wo gufungura ku mugaragaro Zaria Court, yongeye kugaragaza ko siporo n’imyidagaduro bimaze gutanga umusaruro mu bukungu, biturutse ku bukorwaremezo bimaze kubakwa i Kigali.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Régis Rugemanshuro, yemeza ko umwaka wa 2025 usize umutungo wayo wikubye kabiri mu myaka itanu ishize ubu ukaba ari Miliyari...

Amakuru

Itsinda ry’abahanga mu bwubatsi mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bafatanyije na bagenzi babo bo muri Jamaica  (JDF) mu mirimo  yo gusana ibyangijwe n’ibiza mu...

Amakuru

Serumogo Ally wakiniraga Rayon Sports na Shaban Hussein Tshabalala wakiniraga Musanze FC batangajwe nk’abakinnyi bashya ba El Merriekh FC Bentiu. Bibaye  nyuma y’uko Serumogo...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities