Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Nyamasheke: Urubyiruko rw’abakorerabushake rwasabwe kurwanya ibyaha birimo ibikorerwa mu Kivu

Mu mpera z’icyumweru gishize, urubyiruko rw’abakorerabushake ruhagarariye urundi rwo mu mirenge 15 igize akarere ka Nyamasheke rwahuriye ku biro by’umurenge wa Shangi  rusabwa gukumira ibyaha byiganjemo  ibikorerwa mu kiyaga cya Kivu, mu ishyamba rya Nyungwe ndetse n’ibikorerwa ku mbuga nkoranyambaga.

Uru rubyiruko rwari ruhagarariye urundi rusaga icumi (10) rwasabwe kurwanya no gukumira ibi byaha, ubwo bari mu nama  yabahuje na Inspector of Police (IP) Phillippe Abizeye, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu karere ka Nyamasheke.

IP Abizeye yavuze ko impamvu yoguhuza uru rubyiruko ruhagarariye  urundi ku mirenge, kwari ukugira ngo ruzakangurire urwo ruyoboye rubibutsa ko uruhare rwa bo rukenewe mugukumira ibyaha.

Yagize ati “Rubyiruko ni mwe mbaraga n’iterambere ry’igihugu, Ni nayo mpamvu tubasaba kumva ko bimwe mu byaha bikorerwa mu mirenge yanyu bigira ingaruka ku muryango nyarwanda cyane cyane kuri mwe kuko ari mwe Rwanda rw’ejo”.

Yakomeje ababwira ko mu mirenge 15 igize akarere  ka Nyamasheke, icumi  muri yo ikora ku kiyaga cya Kivu bityo ko abayituyemo bakwiye kumenya ibibera mu kiyaga birimo abarobesha ibikoresho bitemewe, abahambukiriza magendu, ibiyobyabwenge n’ibindi.

Yagize ati “Abakora bene ibi byaha murabazi kuko benshi muraturanye abandi muranirirwana, muzi ingaruka zo kurobesha imitego ya kaningiri,inzitiramibu,indobani ko bituma habaho igabanuka ry’umusaruro w’amafi kubera ko ababikoresha bafata amafi akiri mato, ni ukuvuga adakwiriye kurobwa”.

IP Abizeye yakomeje abagaragariza ububi bwa magendu mu iterambere ry’igihugu kuko ababikora banyereza imisoro n’amahoro yakazamuye igihugu mu kubaka ibikorwa remezo n’ibindi bikorwa bizamura igihugu.

Yagarutse no ku kibazo k’ibiyobyabwenge n’ingaruka zabyo buzima bw’ababikoresha ndetse no mu guhungabanya umutekano, asaba rubyiruko rwari ruhagarariye urundi kujya rutanga amakuru kugira ngo bikumirwe.

IP Abizeye yanabasabye kujya barwanya ibyaha bikorerwa mu ishyamba rya Nyungwe cyane ko imirenge igera kuri irindwi ikora kuri iryo shyamba. Aha akaba yarabasabye kujya batanga amakuru ya barushimusi bajya guhigamo inyamaswa .

Yasoje abasaba ko bajya birinda ibihuha cyane ibicishwa ku mbuga nkoranyambaga bitera abantu ubwoba cyangwa bisebya igihugu muri rusange, bakajya begera abaturage bakabasobanurira ukuri nk’abantu babisobanukiwe mu rwego rwogukumira ibyaha bishobora gukorerwa kuri izo mbuga.

Mfashwanayo Gerard uhagarariye urubyiruko rw’abakorerabushake mu karere ka Nyamasheke, yasabye  bagenzi be gukurikiza inama bagiriwe ndetse biyemeza kuzageza ubutumwa kuri bagenzi babo baje bahagarariye.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities