Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ababyeyi ntibakwiye gutinya ku ganiriza abana base ku buzima

Ababyeyi barashishikarizwa kujya begera abana b’abakobwa ndetse n’abahungu bakabaganiriza ku bijyanye n’imyororokere, kuko bombi inama zibareba. Abana bakeneye guhabwa ubumenyi bungana kuko akenshi usanga ingaruka bose kugira ubumenyi buke bibagiraho ingaruka.

Mu gihe abanyeshuri bari mu biruhuko hirya no hino mu gihugu hari gahunda zitandukanye zijyanye no kuganiriza abana no kubafasha gusobanukirwa ubuzima bw’imyororokere yaba izitegurwa na leta cyagwa se ababyeyi ku giti cyabo, gusa biravugwa ko izi nyigisho zikunze kwibanda cyane ku bana b’abakobwa nyamara na bagenzi babo b’abahungu baba bazikeneye.

Assoumpta Ingabire Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango ubwo yasozaga ubukangurambaga nk’ubu bwari bwagenewe abana b’abanyeshuri bari mu biruhuko mu Karere ka Gasabo muri gahunda yiswe “Operasiyo mu mizi” yavuze ko hashobora kubaho ingaruka mu gihe ubutumwa ku buzima bw’imyororokere bwaba bwibanze ku bana bamwe kandi bose bubareba.

Inzego z’ubuyobozi zikomeje gushyira imbaraga mu bukangurambaga bwo kurwanya inda ziterwa abangavu, kugira ngo abana bakiri bato bagire amakuru ahagije ku buzima bw’imyororokere, mu kurushaho kwirinda inda zitateganyijwe ndetse n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Ubu bukangurambaga bugenda butanga umusaruro bugafasha mu gukurikirana ababa bahohoteye abana ndetse bukanafasha bamwe mu bana babyaye bakiri bato kwiyakira no gukomeza ubuzima busanzwe.

Mu karere ka Gasabo kugeza mu kwezi kwa 6 k’uyu mwaka habarurwaga abana bagera kuri 420 batewe inda bakiri bato. Naho mu mwaka ushize wa 2020 abantu basaga ibihumbi 4,452 barafashwe batangira gukurikiranwaho icyo cyaha.

Munezero Jeanne d’Arc

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities