Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Abatishyura amazi ku gihe bashyiriweho ibihano

Raoul Nshungu

Ubuyobozi b w’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi Isuku n’Isukura (WASAC), buvuga ko mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’igihombo baterwa n’abaturage batishyura amazi hashyizweho ibihano by’umuntu uzajya atinda kwishyura amazi. WASAC ivuga ko abaturage 40% gusa aribo bishyura amazi bibwirije.

Ibi byagarutsweho ku wa 26 Kamena 2025, ubwo WASAC yari yitabye Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo bya Leta (PAC), aho Umuyobozi wa WASAC, Prof Omar Munyaneza yagaragaje ko abaturage batishyura amazi biri mu bitera igihombo iki kigo.

Prof Omar Munyaneza, yabwiye PAC ko mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’igihombo baterwa n’abaturage batishyura amazi, ubu uzajya atinda kwishyura azajya acibwa amande ya 5% by’amafaranga yagombaga kwishyura.

Agira ati “Twifuza ko byatangirana n’ingengo y’Imari ya 2025-2026, ni ukuvuga mu kwezi kwa karindwi ariko tuzabanza tubimenyeshe abaturage, ko uzajya atinda kwishyura azajya acibwa amande angana na gatanu ku ijana y’ayo yagombaga kwishyura.”

Uyu muyobozi yongeraho ko hagiye gushyirwaho uburyo bwo kwishyura amazi mbere nk’uko bisanzwe bimeze ku muriro.

Akomeza agira ati “Ubu buryo bugiye gukwirakwizwa mu gihugu hose, kuko bwatanze umusaruro ndetse no mu ngo bukazagezwamo. Twamaze gutanga isoko ry’uzazana mubazi z’ikoranabuhanga zizifashishwa mu gusimbura izisanzweho.”

Mu bugenzuzi bwakozwe bagaragaje ko igihombo cy’amazi mu 2023 cyari 42.4%, bivuze ko amazi atishyuwe ari ku rugero rwo hejuru.

Mu mazi yose angana na Metero kibe (m³) 76,631,662 yakoreshejwe, angana na 30,269,726m³ gusa ni ukuvuga 60.5%, ni yo yishyuwe n’abakiriya kugeza ku itariki ya 30 Kamena 2024.

Ibi bivuze ko amazi atishyuwe afite agaciro kari munsi gato ya Miliyari 9.77 z’Amafaranga y’u Rwanda, hashingiwe ku giciro fatizo cya 323Frw kuri metero kibe.

Ahanini ibi bihombo biterwa no kwangirika kw’imiyoboro, gutoboka kw’amatiyo (overflow), kwibwa kw’amazi no ku bikoresho bya mubazi biba byarapfuye.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Kwibuka

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwongeye kwibutsa abaturage kwitegura neza ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bushimangira akamaro ko...

Football

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yatangaje ko u Rwanda rwamaze gutanga kandidatire yo kwakira irushanwa rya African Nations League...

Football

Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01 Mata 2026 ari umunsi w’ikiruhuko ku gihugu...

Amakuru

Our Reporter Nairobi, Kenya, 01 April 2026:  Livestock diseases continue to pose a significant threat to farmers’ livelihoods, food security and public health in...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities