Icyamamare muri ruhago Vinícius Júnior ukomoka muri Brazil, ari kuvugwa cyane mu makuru ajyanye n’isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi, nyuma y’inkuru zigaragaza ko ashobora kuva muri Real Madrid mu gihe shampiyona iri gusoza. Ibi byateje impaka n’ibitekerezo byinshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru ku rwego mpuzamahanga.
Ibitangazamakuru bitandukanye byo i Burayi byatangaje ko ibiganiro bigamije kongera amasezerano hagati ya Vinícius Júnior n’ikipe ya Real Madrid bitaragera ku mwanzuro wanyawo. Nubwo uyu mukinnyi akiri ku masezerano azarangira mu 2027, hari abakeka ko ejo hazaza he muri iyi kipe hakiri mu rujijo ndetse ko ashobora no kuyivamo.
Manchester United yo mu Bwongereza iri mu makipe avugwaho kuba ashaka kumusinyisha. Amakuru amwe akvuga ko iyi kipe ishobora gutanga amafaranga agera kuri miliyoni 150 z’ama-euro kugira ngo ibashe kumwegukana.
Vinícius Júnior ni umwe mu bakinnyi b’ingenzi cyane mu busatirizi bwa Real Madrid. Azwiho umuvuduko, ubuhanga bwo gusiga abamurinda ndetse no gutsinda ibitego bikomeye mu mikino ikomeye. Mu myaka ishize yagize uruhare runini mu bikombe iyi kipe yegukanye, harimo n’icya UEFA Champions League.
Kugeza ubu hari amakuru avuga ko mu minsi yashize habayeho kutumvikana hagati ye n’abayobozi b’ikipe ndetse n’abatoza, ibintu byatumye bamwe batangira gutekereza ko ashobora kwerekeza mu yindi shampiyona.
Mu gihe byaba bibaye, benshi batekereza ko shampiyona yo mu Bwongereza, English Premier League, ishobora kuba imwe mu zo yakiniramo, cyane cyane ko amakipe yo muri iyo shampiyona akunda gushora amafaranga menshi ku bakinnyi bakomeye.
Ku ruhande rwa Manchester United, bivugwa ko ubuyobozi bw’iyi kipe buri gushaka kuzana umukinnyi ukomeye ushobora kuba umwe mu bazafasha iyi kipe kongera guhatanira ibikombe bikomeye ku rwego rw’i Burayi.
Nubwo amakuru akomeje kuvugwa hirya no hino, ikipe ya Real Madrid ntiratangaza ku mugaragaro ko ishaka kurekura Vinícius Júnior dore ko hari n’abavuga ko ibiganiro byo kongera amasezerano bishobora gusubukurwa vuba.
Ibi bikaba biri mubituma ahazaza h’uyu mukinnyi ukiri muto kandi ufite impano idasanzwe hakomeza kuba ingingo ikurikiranywe cyane ku isoko ry’igura n’igurisha ry’abakinnyi riri hafi gufungura.





































































































































































