Connect with us

Hi, what are you looking for?

Imanza

Nyamagabe: Imanza 29 zaciwe n’Inkiko Gacaca ntizirarangizwa

Imanza z’imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 zaciwe n’Inkiko Gacaca 29 mu karere ka Nyamagabe ntizirarangizwa ngo abangirijwe imitungo bahabwe ubutabera. 

Mu kigabiro Panorama yagiranye n’abayobozi batandukanye barimo Visi Perezida wa Ibuka mu karere ka Nyamagabe, Kamugire Remmy, na Perezida wa Ibuka mu murenge wa Kaduha, Mutagomwa Bernard, nk’umurenge uvugwamo imanza nyinshi zitari zarangizwa. Basaba ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe gushyira imbaraga mu kurangiza izi manza zisigaye, abakorewe ibyaha bakabona ubutabera. 

Kamugire yagize ati “Mu myaka icumi ishize Inkiko Gacaca zisoje imirimo, tubona bishyirwamo imbaraga mu gihe cyo kwibuka gusa. Twasaba ko no mu minsi isanzwe byakurikiranwa bikitabwaho, kuko iyo bidakemutse bibangamira Ubumwe n’Ubwiyunge. Urumva ko iyo umuntu amaze imyaka icumi atishyurwa kandi uwagombaga kumwishyura atarabuze ubwishyu biba ari ikibazo. Hari ababa ari abakene barabuze ubushobozi ariko hari n’ababa babufite. Abayobozi bakwihutisha izi manza bakazishyira mu by’ibanze by’akazi gasanzwe.”

Mutagomwa yavuze ko izi manza kuba zitararangizwa, bibangamira imibereho y’abarokotse Jenoside kuko harimo abageze mu zabukuru bagikeneye gusindagizwa. Bishyuwe byabafasha gukomeza gusaza neza no kugerageza kwiteza imbere mu myaka basigaje ku isi. 

Yakomeje avuga ko mu murenge wa Kaduha imanza zihari zitari zarangizwa zirenga 20 zitararangizwa, asaba ko ba gitifu b’utugari bahabwa umwanya bakazirangiza, kuko bajya bavuga ko babura umwanya wo kurangiza imanza kubera akazi kenshi.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwamariya Agnes, ubwo twamusabaga kugira icyo atangaza kuri izi manza zaciwe n’Inkiko Gacaca zitararangizwa, haba kuri telefoni ndetse n’ubutumwa bugufi twamwoherereje ntacyo aradusubiza.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, ubwo yaganiraga n’abanyamakuru ku wa 15 Nzeri 2022 yatangaje ko kurangiza imanza z’imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 zaciwe n’Inkiko Gacaca, hifashishijwe uburyo bwunga abanyarwanda, ubu hasigaye imanza 9 kandi na zo zigiye kurangizwa.

Ubuyobozi bwa Ibuka mu karere ka Nyamagabe buvuga ko imanza 29 z’imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 zitararangizwa mu karere kose, ariko Umurenge wa Kaduha wonyine uvugwamo imanza zirenga 20. 

Rukundo Eroge

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Ikigo Gates Foundation n’icya OpenAI byifatanyije mu gushakira umuti ibibazo biri mu rwego rw’ubuvuzi, hakoreshejwe ubwenge buhangano (AI) mu bihugu bya Afurika, bikazatangirira muri...

Amakuru

Mu Rwanda hatangiye Igikombe cya Afurika cya Handball 2026 mu bagabo, bitangira ikipe y’u Rwanda itsinda iya Zambia ibitego 30-19 mu mukino wabereye muri...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities