Connect with us

Hi, what are you looking for?

Rwanda

Nyamasheke: Abatekera Abanyeshuri Bakurikinyweho Kubiba Ibiryo

Inzego z’umutekano zafunze abatetsi babiri bo ku ishuri ribanza rya Nyarutovu mu Murenge wa Bushenge bari kumwe n’abanyonzi babiri n’umucuruzi bakurikiranywe ho kunyereza ibilo 50 bya kawunga yo gutekera abana.

Bafashwe kuri uyu wa kabiri tariki 4, Ugushyingo, 2025 bafatirwa mu kagari ka Impala ubwo abanyonzi babiri bari batwaye imifuka ya kawunga itamenyerewe ku isoko babazwaga aho bayikuye bakavuga ko iturutse mu ishuri ribanza rya Nyarutovu.

Abatekeraga abo bana ari bahise bemerera ubuyobozi ko ibilo 50 byafashwe bagiye babigabanya ku ngano batekaga kandi ko bari babyoherereje umucuruzi wo mu Murenge wa Shangi basanzwe baha ibyo bibye muri ubwo buryo bakagabana amafaranga.

Ibi byemejwe kandi nk’umunyamabanga nshingwabikorwa wa Bushenge Habumugisha Hyacinthe wabwiye RadioTV 10 ati: “Icyaha bahise bacyemera. Bavuze ko babahaga ibyo guteka bo bakagenda bapyetaho ibilo runaka bashingiye ku mubare w’abana babaga basibye nko ku minsi y’isoko. Bakabikora gutyo kugeza bujuje imifuka ibiri.”

Umucuruzi uvugwa muri iyo dosiye ni umugore witwa Iraboneye Jeanne ucururiza mu isantere ya Mugera mu Murenge wa Shangi.

Aba batetsi bavuga ko yari inshuro ya gatatu bakoranye muri ubwo buryo ariko we yemeye ko bwari ubwambere bari bakoranye.

Aba batetsi bavuze ko bamuhaye ibilo 25 bya kawunga inshuro ebyiri naho kuri iyi nshuro bakaba bari bamwoherereje ibilo 50 kandi ko yari yabishyuye Frw 30.000.

Bose uko ari batanu bahise bajyanwa kuri RIB Sitasiyo Shangi, imifuka ibiri ya kuwanga bari bibye ibikwa kuri iyo sitasiyo mu gihe hakiri gukorwa iperereza ngo baryozwe iki cyaha.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge Habumugisha Hyacinthe yaboneyeho kugira inama abandi bakozi bo mu batekera abanyeshuri ndetse n’ababaha ibyo gutekera abana ko bagombwa kwitwararika kuko ubuyobozi buri maso.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Régis Rugemanshuro, yemeza ko umwaka wa 2025 usize umutungo wayo wikubye kabiri mu myaka itanu ishize ubu ukaba ari Miliyari...

Amakuru

Itsinda ry’abahanga mu bwubatsi mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bafatanyije na bagenzi babo bo muri Jamaica  (JDF) mu mirimo  yo gusana ibyangijwe n’ibiza mu...

Amakuru

Serumogo Ally wakiniraga Rayon Sports na Shaban Hussein Tshabalala wakiniraga Musanze FC batangajwe nk’abakinnyi bashya ba El Merriekh FC Bentiu. Bibaye  nyuma y’uko Serumogo...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities