Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Abashakana mu buryo bwemewe n’amategeko bagabanutseho hafi 10 ku ijana mu 2024

Raoul Nshungu

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare –NISR, igaragaza ko mu mwaka ushize wa 2024, abasezerana kubana byemewe n’amategeko wagabanutseho 9.5%

Iyi mibare ikubiye muri raporo NISR yashyize hanze izwi nka ‘Rwanda Vital Statistics Report’ ku wa kane w’icyumweru gishize, igaragaza ko mu mwaka wa 2023 abasezeranye bari 57,880 ariko waragabanutse ujya  ku 52,878 mu mwaka wa 2024. Ni ukuvuga ko bagabanyutseho abasaga gato 5000.

Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, kaza ku isonga mu kugira umubare munini w’imiryango y’abasezeranye byemewe n’amategeko kuko ari 5,543.

Akarere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru kaza ku mwanya wa kabiri mu kugira umubare munini w’abashakanye byemewe n’amategeko kuko ari 2,550.

Ni mu gihe Uturere twa Burera mu Ntara y’Amajyaruguru na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, dufite imibare mito y’abasezeranye byemewe n’amategeko.

Akarere ka Burera gafite imiryango 1,360 yasezeranye byemewe n’amategeko mu 2024 mu gihe Akarere ka Rutsiro gafite imiryango igera ku 1,394.

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare igaragaza ko abari hagati y’imyaka 25-29 ari bo benshi basezeranye byemewe n’amategeko.

Mu 2024 hasezeranye imiryango 3,939 ifite imyaka y’ubukure iri hejuru ya 40, mu gihe ababarirwa mu 16,062 basezeranye bari hagati y’imyaka 21-24.

Mu bindi byagaragajwe muri iyi Raporo ni uko muri uwo mwaka wa 2024, mu Rwanda havutse abantu 417,972 na ho hapfa abagera 36,021. Intara y’Iburasirazuba n’iy’Amajyepfo ni zo ziza imbere mu kugira imfu nyinshi, kuko  Iburasirazuba bapfushije abantu 9,358 na ho iy’Amajyepfo yapfushije abantu 8,289.

Uturere twa Gasabo na Nyagatare tuza imbere mu kugira abavuka benshi. Gasabo ni iya mbere n’abana 24,641 bavutse Akarere ka Nyagatare gakurikiraho n’abana 18,521 bavutse mu 2024.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities