Abagabo n’abagore 175 barangije amahugurwa ajyanye n’ubuhuza mu makimbirane, agamije kubaha ubumenyi n’ubushobozi bwo gufasha Abanyarwanda gukemura ibibazo by’amakimbirane mu nzira y’amahoro, bitabaye ngombwa ko hitabazwa inkiko.
Abitabiriye aya mahugurwa baturutse mu nzego zitandukanye zirimo itangazamakuru, urwego rw’ubutabera, amadini n’amatorero, inzego z’umutekano, abunganira abantu mu mategeko ndetse n’abandi bafite aho bahurira no gukemura amakimbirane mu muryango nyarwanda.
Aya mahugurwa ategurwa n’Urwego rw’Ubucamanza mu Rwanda, binyuze muri Supreme Council of the Judiciary, ku bufatanye n’imiryango ya Mediation Home Rwanda na Edward Mediation Academy.
Iyi gahunda ikaba ijyanye n’impinduka ziherutse gukorwa mu mategeko yemerera abunzi babifitiye ubumenyi kwifashishwa mu gukemura zimwe mu manza ziri mu nkiko, hashingiwe ku bushobozi n’ubunyamwuga bwabo.
Umuyobozi wa Mediation Home Rwanda, Bernadette Uwicyeza, yavuze ko ubuhuza mu makimbirane bufasha cyane mu kubaka ubumwe mu muryango no gukumira ko amakimbirane akura akagera ku rwego rukomeye.
Yasobanuye ko umuhuza atuma impande zifitanye ikibazo zicara hamwe zikaganira ku kibazo cyazo, zikagera ku mwanzuro wubaka kandi ugamije gukomeza umubano mwiza.
Ku ruhande rw’Urwego rw’Ubucamanza, Visi Perezida w’Inama Nkuru y’Ubucamanza, Alphonse Hitiyaremye, yasabye abarangije aya mahugurwa gushyira imbere uburyo bwo guhuza abantu mu makimbirane mbere y’uko ibibazo byabo bijyanwa mu nkiko, aho yagaragaje ko gukemura amakimbirane hakoreshejwe ubuhuza bifasha kugabanya imanza zijyanwa mu nkiko kandi bikagira uruhare mu kubaka ituze n’ubwumvikane mu muryango.
Yongeyeho ko iyi gahunda ifasha abaturage kugira uruhare mu gukemura ibibazo byabo ubwabo, bityo bikarushaho guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge mu gihugu.
Kuva iyi gahunda yatangira mu 2017, abantu barenga 2,000 bamaze guhugurwa mu mwuga w’ubuhuza mu makimbirane. Aba bunzi bakaba bakomeje gufasha mu gukemura ibibazo biboneka mu miryango, aho bakorera ndetse no mu baturage muri rusange, hagamijwe kugera ku bisubizo birambye kandi byubaka amahoro.








































































































































































