Connect with us

Hi, what are you looking for?

Rwanda

Centrafrique: Ingabo Z’u Rwanda Zahawe Imidari

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye zoherejwe muri Repubulika ya Centrafrique kuhagarura amahoro  (MINUSCA), zambitswe imidari y’ishimwe kubera umurava, ubunyamwuga n’umusanzu mu kurinda abasivili.

Byabaye Kuwa 7, Mutarama, 2026, ikaba yarahawe abagize Rwanda Battle Group VII (RWABG VII) n’Ibitaro by’Ingabo z’u Rwanda byo ku rwego rwa II+ (RWAMED X).

Byabereye mu kigo cya RWABG VII kiri i Bria muri Perefegitura ya Haute-Kotto, kiyoborwa n’Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo za MINUSCA, Major General Maychel Asmi.

Lieutenant Colonel Willy Ntagara uyobora RWABG VII yavuze ko guhabwa imidari ari ishema ku mwuga wa gisirikare.

Ni ishimwe avuga ko ribatera gukomeza kwitangira inshingano zijyanye n’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro bahamagariwe.

Col Dr. Simon R. Nyagasaza, Umuyobozi wa RWAMED X, yagarutse ku ntambwe ikomeye ibyo bitaro by’u Rwanda byo ku rwego rwa II+ byagezeho kuva muri Mutarama, 2025.

Nyagasaza yavuze ko RWAMED X yatanze serivisi z’ubuvuzi ku bakozi ba MINUSCA n’abasivili.

Maj. Gen. Maychel Asmi yashimiye ingabo z’u Rwanda mu kubungabunga umutekano mu matora aherutse kuba muri kiriya gihugu nk’uko byari mu nshingano za MINUSCA.

Yashimye kandi RWABG VII ku bikorwa byayo byo gucunga umutekano mu bice bya Bria, Ouadda na Sam-Ouandja.

Mu rwego rwa politiki, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ambasaderi warwo muri kiriya gihugu witwa Olivier Kayumba.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Muri iki cyumweru, Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga (MPC) iraterana kugira ngo isuzume imiterere y’ubukungu bw’imbere mu gihugu n’ubw’isi muri rusange. Izanafata umwanzuro ku gipimo...

Ubucuruzi

Rene Anthere Rwanyange Ubucuruzi hagati y’u Bushinwa na Afurika umwaka ushize bwageze ku mari yo hejuru butigeze bugeraho mbere, gusa buracyohereza muri Afurika hafi...

Amakuru

Pariki y’Igihigu y’Akagera yatangaje ko mu mwaka wa 2025 yinjirije u Rwanda, asaga miliyari 7,2 z’amafaranga y’u Rwanda (Miliyoni $5,06 ) avuye mu bikorwa...

Amakuru

Panorama Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, na mugenzi we wa Angola, João Lourenço, barasaba ko hatangizwa byihutirwa uburyo bwo kugenzura...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities