Connect with us

Hi, what are you looking for?

Rwanda

Centrafrique: Ingabo Z’u Rwanda Zahawe Imidari

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye zoherejwe muri Repubulika ya Centrafrique kuhagarura amahoro  (MINUSCA), zambitswe imidari y’ishimwe kubera umurava, ubunyamwuga n’umusanzu mu kurinda abasivili.

Byabaye Kuwa 7, Mutarama, 2026, ikaba yarahawe abagize Rwanda Battle Group VII (RWABG VII) n’Ibitaro by’Ingabo z’u Rwanda byo ku rwego rwa II+ (RWAMED X).

Byabereye mu kigo cya RWABG VII kiri i Bria muri Perefegitura ya Haute-Kotto, kiyoborwa n’Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo za MINUSCA, Major General Maychel Asmi.

Lieutenant Colonel Willy Ntagara uyobora RWABG VII yavuze ko guhabwa imidari ari ishema ku mwuga wa gisirikare.

Ni ishimwe avuga ko ribatera gukomeza kwitangira inshingano zijyanye n’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro bahamagariwe.

Col Dr. Simon R. Nyagasaza, Umuyobozi wa RWAMED X, yagarutse ku ntambwe ikomeye ibyo bitaro by’u Rwanda byo ku rwego rwa II+ byagezeho kuva muri Mutarama, 2025.

Nyagasaza yavuze ko RWAMED X yatanze serivisi z’ubuvuzi ku bakozi ba MINUSCA n’abasivili.

Maj. Gen. Maychel Asmi yashimiye ingabo z’u Rwanda mu kubungabunga umutekano mu matora aherutse kuba muri kiriya gihugu nk’uko byari mu nshingano za MINUSCA.

Yashimye kandi RWABG VII ku bikorwa byayo byo gucunga umutekano mu bice bya Bria, Ouadda na Sam-Ouandja.

Mu rwego rwa politiki, u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ambasaderi warwo muri kiriya gihugu witwa Olivier Kayumba.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities