Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gen Rwivanga yagaragaje inshingano z’abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro

Raoul Nshungu

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen. Ronald Rwivanga, yavuze ko abasirikare b’u Rwanda babungabunga umutekano mu bindi bihugu bafite inshingano zo gutuma ibyabaye mu Rwanda hatagira ahandi bizaba.

Umuvugizi wa RDF yabigarutse ho ubwo RwandAir n’ibigo ahaye abakozi b’ibigo 8 bifite aho bihuriye n’ingendo zo mu kirere mu byibukaga ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Brig Gen Rwivanga yavuze ko u Rwanda rufite abasirikare barenga ibihumbi 10 barinda ibindi bihugu nka Repubulika ya Centrafrique, Mozambique, Sudani y’Epfo n’ahandi.

Agira ati “Ibihumbi icumi ni Abanyarwanda. Akazi kabo ni ako kugira ngo ibyabaye aha bitazaba n’ahandi. Impamvu babikora ni uko twabonye ibyabaye aha, twiyemeza ko bidakwiye kongera kuba. Icyo cyemezo twaragifashe kandi Nyakubahwa Perezida wa Repubulika agihagazeho.”

Brig Gen Rwivanga yagarutse ku Ngengabitekerezo ya Jenoside avuga ko itahagaze ikigaragara hirya no hino, aho abantu birengagiza ubuhamya bwo mu Rwanda bakarenga bakavuga ko bitabaye ahubwo bakabyegeka ku Inkotanyi.

Yongeye ho kandi ko kandi iyo urebye ibibera muri Repubulika ya Demokarasi ya Kongo usanga hari abashaka ko ibyabaye mu Rwanda byongera.

Agira ati“Hari abashaka ko byongera kuba muri Congo. Ntimwabonye abantu baribwa? Hariya bafite urwango rwo kurya abantu. Urumva urwo rwango, aho umuntu arya inyama y’umuntu.”

U Rwanda rufite Abasirikare n’Abapolisi bacunga umutekano mu butumwa bw’amahoro mu bihugu birimo Repubulika ya Centrafrique, Sudani y’Epfo na Mozambique.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities