Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gicumbi: Abasigajwe inyuma n’amateka basabwe kwita ku mazu bubakirwa

Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Mudugudu wa Bukamba (Ifoto/Theoneste N.)

Theoneste Nkurunziza

Abasigajwe inyuma n’amateka batuye mu Mudugudu wa Bukamba , Akagari ka Ngondore, Umurenge  wa Byumba, Akarere ka Gicumbi mu Ntara  y’Amajyaruguru,  bibukijwe ko  inzu bubakirwa n’abaterankunga  bagomba kuzifata neza.

Ibi babisabwa  n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi, mu gihe hirya no hino mu gihugu  hakunze kumvikana  bamwe mu bashigajwe inyuma n’amateka bagezwaho  ibikorwa by’iterambere nyuma ntibabyiteho nk’ibyabo,  rimwe na rimwe byanangirika bakarindira ababibasanira.

Kantarama Veneranda ni umwe mu batuye mu Mudugudu wa Bukamba, avuga ko  bahawe amazu ariko atameze neza.  Ati «Zirashaje! ko batinze kuza  kongera kuzikora  se! Nizisaza tuzongera dusubire hanze. Iriya yahariya yaritenguye iragwa, abantu barimo baba bagize amahirwe  bavuyemo.»

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi  busaba aba baturage guhindura imyumvire bagafata neza  amazu bahawe  aho gutegereza buri gihe abagiraneza. Ibi bivugwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage  Benihirwe Charlotte.

Agira ati «Ubu ngo ubu  tubona hari intabwe yatewe ugereranije no mu bihe byashize wasangaga abantu  bisenyeraho amazu ni ubwo navuga ko  tutaragera aho twifuza mbona hari umurongo mwiza wuko hari aho tuzagera.»

Umukozi w’umushinga wa Croix rouge usanzwe ufasha aba basigajwe inyuma n’amateka mu karere ka Gicumbi, Ndibwohe  Jean Damas, avuga ko hakenewe ubufatanye n’izindi nzego kugira ngo iki kibazo gikemuke burundu.

Agira ati «Turabasaba gukomeza kugendera kuri gahunda ntibasenye amazu bagakomeza kugendana n’abandi muri gahunda y’iterambere , kubasanira byasaba amafaranga asaga miliyoni ijana na mirongo irindwi, birasaba ubufatanye  n’izindi nzego.»

Mu mudugudu wa Bukamba  mu karere ka Gicumbi, Croix Rouge y’u Rwanda yasaniye abashigajwe inyuma n’amateka inzu 45. Umuryango wa Croix rouge ufasha abasigajwe inyuma n’amateka mu karere ka Gicumbi washinzwe mu Rwanda mu mwaka wa 1964.

Benihirwe Charlotte, Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Wungirije ushinzwe imibereho myiza (Ifoto/Theoneste N.)

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities