Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Ikipe ya Yanga SC izakina na Rayon sport ku munsi w’Igikundiro

Panorama Sports

Umuvugizi wa Yanga SC, Ally Kamwe, yemeje ko izakina umukino wa gicuti uzayihuza na Rayon Sports  I Kigali ku munsi witwa “Rayon day” uteganyijwe tariki ya 15 Kanama 2025.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ryo muri Tanzania, Umuvugizi wa Yanga SC, Ally Kamwe, yemeje ko bamaze kubona ubutumire bwa Rayon Sports ndetse na bo bagiye gutangira gusinyisha abakinnyi bashya no kurekura abo batazakomezanya, byombi bizakorwa hagati ya tariki 20 Nyakanga n’iya 3 Kanama.

Kamwe yashimangiye ko kuri uwo mukino, abafana bazabona “Yanga nshya.” Agira ati “Tuzaba tumaranye ibyumweru bibiri n’umutoza mushya uyobora ikipe yacu. Reka mbwire abafana bacu. Mu Rwanda tuzajyana ijambo nyamukuru rimwe: Ni igihe cyo kwipima. Uyu mukino wa Rayon Sports na Yanga ni umwanya mwiza wo kwipima.”

Iyi kipe ikunzwe cyane mu gihugu cya Tanzaniya ivuga ko uyu mukino uzayifasha kugaragaza uko ihagaze nyuma yo kongera mo abakinnyi bashya. Yongeho ati “Abantu bitegure. Tugiye gukora urundi rugendo rurerure. Tariki ya 15 Kanama ni bwo Yanga SC izagaragaza ikipe yayo nshya.”

Rayon day ni umunsi ngarukamwaka iyi kipe igaragaza abakinnyi bashya n’ibindi bikorwa iba iteganya mbere yo gutangira umwak w’imikino. Umwaka ushize kuri Rayon day Gikundiro yari yakinnye na Azam nayo yo muri Tanzaniya,iyi kipe yanatsinze Rayon sport igitego ki mwe ku busa.

Yanga SC ni ikipe y’Ubukombe kuko imaze gutwara  ibikombe 31 bya Shampiyona ya Tanzania, yakinnye umukino wa nyuma wa CAF Confederation Cup mu 2023 mu gihe mu mwaka ushize w’imikino yari mu matsinda ya CAF Champions League.

Rayon Sports iri kwitegura itangira rya Shampiyona ndetse ikazanahagararira u Rwanda muri CAF Confederations Cup.

Rayon Sports 

Yanga SC yo muri Tanzania

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Itsinda ry’abahanga mu bwubatsi mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bafatanyije na bagenzi babo bo muri Jamaica  (JDF) mu mirimo  yo gusana ibyangijwe n’ibiza mu...

Amakuru

Serumogo Ally wakiniraga Rayon Sports na Shaban Hussein Tshabalala wakiniraga Musanze FC batangajwe nk’abakinnyi bashya ba El Merriekh FC Bentiu. Bibaye  nyuma y’uko Serumogo...

Ibitekerezo

Ndemera kandi nshima intego z’iri tegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’umuhanda, zirimo kurengera ubuzima, kongera inshingano n’uburyozwe, no kuvugurura imicungire y’umutekano wo mu muhanda mu...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities