Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Ikipe ya Yanga SC izakina na Rayon sport ku munsi w’Igikundiro

Panorama Sports

Umuvugizi wa Yanga SC, Ally Kamwe, yemeje ko izakina umukino wa gicuti uzayihuza na Rayon Sports  I Kigali ku munsi witwa “Rayon day” uteganyijwe tariki ya 15 Kanama 2025.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ryo muri Tanzania, Umuvugizi wa Yanga SC, Ally Kamwe, yemeje ko bamaze kubona ubutumire bwa Rayon Sports ndetse na bo bagiye gutangira gusinyisha abakinnyi bashya no kurekura abo batazakomezanya, byombi bizakorwa hagati ya tariki 20 Nyakanga n’iya 3 Kanama.

Kamwe yashimangiye ko kuri uwo mukino, abafana bazabona “Yanga nshya.” Agira ati “Tuzaba tumaranye ibyumweru bibiri n’umutoza mushya uyobora ikipe yacu. Reka mbwire abafana bacu. Mu Rwanda tuzajyana ijambo nyamukuru rimwe: Ni igihe cyo kwipima. Uyu mukino wa Rayon Sports na Yanga ni umwanya mwiza wo kwipima.”

Iyi kipe ikunzwe cyane mu gihugu cya Tanzaniya ivuga ko uyu mukino uzayifasha kugaragaza uko ihagaze nyuma yo kongera mo abakinnyi bashya. Yongeho ati “Abantu bitegure. Tugiye gukora urundi rugendo rurerure. Tariki ya 15 Kanama ni bwo Yanga SC izagaragaza ikipe yayo nshya.”

Rayon day ni umunsi ngarukamwaka iyi kipe igaragaza abakinnyi bashya n’ibindi bikorwa iba iteganya mbere yo gutangira umwak w’imikino. Umwaka ushize kuri Rayon day Gikundiro yari yakinnye na Azam nayo yo muri Tanzaniya,iyi kipe yanatsinze Rayon sport igitego ki mwe ku busa.

Yanga SC ni ikipe y’Ubukombe kuko imaze gutwara  ibikombe 31 bya Shampiyona ya Tanzania, yakinnye umukino wa nyuma wa CAF Confederation Cup mu 2023 mu gihe mu mwaka ushize w’imikino yari mu matsinda ya CAF Champions League.

Rayon Sports iri kwitegura itangira rya Shampiyona ndetse ikazanahagararira u Rwanda muri CAF Confederations Cup.

Rayon Sports 

Yanga SC yo muri Tanzania

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Muri iki cyumweru, Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga (MPC) iraterana kugira ngo isuzume imiterere y’ubukungu bw’imbere mu gihugu n’ubw’isi muri rusange. Izanafata umwanzuro ku gipimo...

Ubucuruzi

Rene Anthere Rwanyange Ubucuruzi hagati y’u Bushinwa na Afurika umwaka ushize bwageze ku mari yo hejuru butigeze bugeraho mbere, gusa buracyohereza muri Afurika hafi...

Amakuru

Pariki y’Igihigu y’Akagera yatangaje ko mu mwaka wa 2025 yinjirije u Rwanda, asaga miliyari 7,2 z’amafaranga y’u Rwanda (Miliyoni $5,06 ) avuye mu bikorwa...

Amakuru

Panorama Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, na mugenzi we wa Angola, João Lourenço, barasaba ko hatangizwa byihutirwa uburyo bwo kugenzura...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities