Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Perezida Kagame yakomoje ku kibazo cy’umuvuduko wo hasi wavugishije benshi

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakomoje ku kibazo cy’umuvuduko wo mu muhanda washyinzwe ku kirometero 40 ku isaha mu mujyi wa Kigali, avuga ko bisa no kwigana abagenda n’amaguru.

Ibi umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yari mu muhango wo gushimira abasora ubaye ku nshuro ya 19 kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ugushyingo 2020, mu muhango wabereye mu nyubako ya Intare Arena i Rusororo.

Perezida Yavuze ko amaze iminsi akurikirana ku mbuga nkoranyambaga ibijyanye n’ibihano bitangwa mu muhanda n’uburyo za Camera zikomeje kwandikira abantu benshi, mu buryo yasanze uy’ umuvuduko wa kilometero 40 ku isaha abantu batawuvugaho rumwe, kandi   hari abagaragaza ko ubangamye.

Yagize ati “Uwo muvuduko ubanza ari nk’uwo bamwe muri twe bakoresha amagurugu tugenda., Ndakeka ko bashatse gutubura amafaranga cyane, ntabwo nshaka ko tugira umuvuduko mwinshi cyane, ariko na none ntabwo nshaka ko tugira umuvuduko mwinshi cyane, na wo ibivamo murabizi, ariko nabwo ntabwo umuvuduko wawushyira hasi cyane ku buryo utazagira aho ujya. Nabwiye abapolisi ko nshaka ko tugira uko tubihuza.”

Perezida Kagame avuga ko yasabye abapolisi kuringaniza ibyo bipimo by’umuvuduko ku buryo abantu bakwihutira kugera iyo bajya hatabayeho impanuka.

Yavuze ko abantu benshi yabonye bishimiye iki gitekerezo akaba yijeje ko aza gushaka ababishinzwe bagakemura icyo kibazo.

Umukuru w’igihugu kandi yanenze ikijyanye no guhanira abantu umuvuduko runaka kandi nta cyapa gihari kibwira abantu uwo bakwiye kuba barimo kugenderaho mu gace runaka.

Abantu benshi bakomeje kugaragaza ko mu bihano birimo gutangwa harimo akarengane,perezida avuga ko hakwiye kongerwa uwo bagabanyije cyane, ariko na none abatwaye ibinyabiziga bakirinda umuvuduko ukabije.

Iri tegeko ririmo kubahirizwa mu mategeko y’umuhanda n’iryo mu 2002, ku buryo abantu benshi bahamya ko rikwiye guhinduka bijyanye n’imihanda myinshi, myiza kandi minini yubatswe, bitandukanye n’uko ibintu byari bimeze mu myaka 20 ishize ubwo itegeko ryashyirwagaho.

Munezero Jeanne d’Arc

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro ya Minisitiri w’ingabo Juvénal Marizamunda, uw’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Consolée Uwimana n’iy’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ikoranabuhanga na Inovasiyo Iradukunda...

Amakuru

Raoul Nshungu Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu bahuza bagenwe n’Imiryango ya...

Amakuru

Raoul Nshungu Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) kubera uruhare mu miyoborere ituma Isi ishaka imbaraga zo guhangana...

Amakuru

Ku wa Mbere tariki 17 Werurwe 2025, u Rwanda rwatangaje ko rwahagaritse umubano mu bya dipolomasi n’u Bubiligi, nyuma yo gusuzuma imyitwarire y’icyo gihugu...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities