Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

U Rwanda ruribaza niba koko RDC ishaka amahoro

Raoul Nshungu

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda avuga ko iyo barebye ibyo Repubulika ya Demokarasi ya Congo ikora hibazwa niba koko iki gihugu gikeneye amahoro.

Minisitiri, Amb. Olivier Nduhungirehe avuga ko mu gihe u Rwanda na RDC bari mu biganiro bigamije gushaka ibisubizo by’ibibazo bihari mu rwego rwo gushaka amahoro ariko iki gihugu kikirwa mu  miryango mpuzamahanga gisabira u Rwanda ibihano ibyo bitandukanye n’inzira yari yaratangijwe.

Mu kiganiro yagiraranye na RBA, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko n’ubwo hari inzira zinyuranye zo gushaka umuti, ariko Congo yo idahwema gushaka kuzivangira.

Ati “Kuba Congo ihora mu miryango mpuzamahanga no mu miryango y’Akarere, irega u Rwanda hirya no hino, na byo ni ikibazo kuko turi mu biganiro biganisha ku mahoro. Muribuka ko Perezida wa Repubulika yabonanye na Perezida Tshisekedi i Doha muri Qatar ku itariki ya 18 Werurwe.”

Yakomeje ati “Muribuka ko nanjye ubwanjye nagiye i Washington gusinya amahame aganisha ku masezerano y’amahoro na mugenzi wanjye wa Congo, ubu ngubu tukaba turi no mu biganiro byo kugira ngo tuzumvikane ku masezerano y’amahoro.”

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko imyitwarire y’ubuyobozi bwa DRC butuma umuntu yibaza niba koko ishaka amahoro.

Ati “Turimo turakora ibyo bigamije amahoro mu Karere, ariko mu gihe kimwe Congo ikaba izenguraka Isi yose isabira u Rwanda ibihano. Ibyo rero ni ibintu bitumvikana, ahubwo tukaba twibaza niba koko Congo ishaka amahoro.”

Mu mpera z’iki cyumweru u Rwanda rwikuye mu muryango w’Ubukungu w’Afurika yo hagati ,Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’inama yabereye i Malabo mu murwa mukuru wa Guinée équatoriale kuwa  Gatandatu, aho byari biteganyijwe ko u Rwanda arirwo ruhabwa kuyobora uyu muryango ariko RDCongo  irabyitambika.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities