Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Uhagarariye u Rwanda Muri Lithuania Yatanze Impapuro Zibimwemerera

Ambasaderi Dushimimana Lambert aha Perezida wa Lithuania impapuro u Rwanda rwamuhaye ngo aruhagararire mu gihugu cye

Lambert Dushimimana uherutse kugenwa ngo ahagararire u Rwanda muri Lithuania yashyikirije Perezida wayo witwa Gitanas Nausėda impapuro zibimwemerera.

Tariki 19, Ugushyingo, 2025 nibwo yabikoze, akaba asanzwe ahagarariye inyungu z’u Rwanda muri Latvia no mu Buholandi, ari  na ho hari icyicaro cya Ambasade.

Umubano w’u Rwanda na Lithuanie nta gihe kirekire uramara kuko watangiye mu mwaka wa 2013  nyuma yo gusinyana amasezerano y’imikoranire.

Ni imikoranire mu bukungu n’ imigenderanire, abatuye ibi bihugu bakaba bemerewe gusaba viza zituma begenderana.

Ahandi ibi bihugu bifatanya ni mu guhurira ku mishinga y’imiryango mpuzamahanga y’ubukungu no gushora imari kandi byatumye u Rwanda ruba umwe mu bafatanyabikorwa b’umushinga wa ‘Team Europe’ ugamije ubufatanye n’Ubumwe bw’Uburayi (EU).

Muri iyo  gahunda harimo Lithuania, ishobora gufasha mu ishoramari, guteza imbere ibikorwa remezo mu Rwanda no guteza imbere ubucuruzi hagati y’impande zombi.

Lithuania iherereye mu Burayi, ikaba ifite Umurwa mukuru witwa Vilnius, igaturwa n’abaturage  miliyoni 2.9 batuye  ku buso bwa kilometero kare  65.300.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Muri iki cyumweru, Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga (MPC) iraterana kugira ngo isuzume imiterere y’ubukungu bw’imbere mu gihugu n’ubw’isi muri rusange. Izanafata umwanzuro ku gipimo...

Ubucuruzi

Rene Anthere Rwanyange Ubucuruzi hagati y’u Bushinwa na Afurika umwaka ushize bwageze ku mari yo hejuru butigeze bugeraho mbere, gusa buracyohereza muri Afurika hafi...

Amakuru

Pariki y’Igihigu y’Akagera yatangaje ko mu mwaka wa 2025 yinjirije u Rwanda, asaga miliyari 7,2 z’amafaranga y’u Rwanda (Miliyoni $5,06 ) avuye mu bikorwa...

Amakuru

Panorama Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, na mugenzi we wa Angola, João Lourenço, barasaba ko hatangizwa byihutirwa uburyo bwo kugenzura...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities