Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gukemura ibibazo by’umutekano uhereye mu mizi ni yo nzira rukumbi y’amahoro _Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame agaragaza ko gukemura ibibazo by’umutekano uhereye mu mizi yabyo ariyo yaba inzira rukumbi y’amahoro.

Ibi yabigarutse mu kiganiro yatanze hifashishijwe ikoranabuhanga mu nama ya Global Security Forum.

Mu nama mpuzamhanga yiga ku mutekano Global Security Forum iteraniye i Doha muri Qatar, Umukuru w’Igihugu Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru Steven Craig Clemons hifashishijwe ikoranabuhanga.

Ku ngingo zari muzibanze zari zigize iki kiganiro, hagarutswe ku mutekano wo mu Karere u Rwanda ruherereyemo, by’umwihariko ku kibazo cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Kuri iyo ngingo Perezida Kagame asubiza uyu munyamakuru w’umunyamerika, yagaragaje ko bidakwiye kuba hari ibihugu bikirengagiza nkana ibibazo by’umutekano muke muri Kongo ahubwo bigahitamo gutwerera ibyo bibazo abandi, ibyo asanga bitavamo umuti kuri ibyo bibazo.

Aha ni naho Umukuru w’Igihugu yahereye agaragaza ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu myaka 30 ishize, isi yagakwiye kuba yarafashe amasomo ahagije ndetse anashimangira ko kuri ibyo u Rwanda rwo rwahisemo gukora amahitamo akwiye.

Perezida Kagame yanagaragaje uko inzira y’ubumwe yabaye umusingi w’iterambere u Rwanda rwubakiyeho.

Muri iki kiganiro Umukuru w’Igihugu yashimangiye ko u Rwanda kimwe mubyo rwashyize imbere harimo ubukungu bushingiye ku iterambere ry’umuturage mu nzego zose zirimo uburezi, ubuzima, kwihaza mu biribwa ndetse n’ikoranabuhanga.

Inkuru dukesha RBA

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities