Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Igitaramo cya “Ibuka, Mémoire et Justice Asbl” mu Bubiligi cyagenze neza cyane

Umushayayo wa kinyarwanda ni umwe mu byasusurukije igitaramo (Ifoto/Igihe)

Rutayisire Boniface/ Bruxelles

Nk’uko byari byaratangajwe, tariki ya 10 Gashyantare 2018 ahitwa i Neder-Over-Hembeek,  igitaramo cyateguwe na IBUKA yo mu Bubiligi yitwa “Ibuka, Mémoire et Justice ASBL”  cyarabaye kandi kigenda neza cyane.

Iki gitaramo cyari cyateguwe muri Gahunda yo kurundanya inkunga yifashishwa mu bikorwa bya Ibuka birimo no gutegura icyunamo cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.

Igitaramo cyitabiriwe n’abanyarwanda benshi n’inshuti zabo z’abanyamahanga ku buryo icyumba cyabereyemo cyari cyuzuye.

Mu bari bakitabiriye kandi harimo  Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi, Rugira Amandin na Madamu we.

Igitaramo cyatangijwe Madame Félicité wari uyoboye gahunda, yifuriza ikaze abakitabiriye arangije aha  ijambo Perezida wa Ibuka, Mazina Deo.

Mu ijambo Perezida wa Ibuka  yageje ku bari aho, yabanje kwerekana abamufasha muri Komite ya Ibuka, Mémoire et Justice. Mu bo yerekanye hari Umunyamabanga Mukuru  Simon Pierre, Komiseri ushinzwe imari Madame Anny, akaba yari n’umuhuzabikorwa wa kiriya gitaramo. Hari kandi  Komiseri ushinzwe kwibuka Aloys Kabanda, na Komiseri ushinzwe ubutabera Bwana Kayiranga.

Muri Ibuka, Mémoire et Justice, na bo bashyize imbere cyane urubyiruko kuko Deo Mazina yasobanuye ko batangije itsinda ry’urubyiruko ryitwa  “Ibuka New Generation”. Rikaba ari  itsinda ry’urubyiruko biyemeje kwitangira impamvu Ibuka, Mémoire et Justice igamije kugeraho zose. Iri tsinda ry’urubyiruko rwa Ibuka rikaba rimaze gukomera cyane kandi harifuzwako  n’abandi baryinjiramo.

Perezida wa Ibuka yakurikijeho kwibutsa amateka y’ishyirahamwe ahagarariye, avuga n’ibikorwa byaryo,  asoza ashimira abitabiriye  igitaramo kuko bitari ukwitabira igitaramo gusa ahubwo kukitabira  byari n’igikorwa cyo gutera inkunga Ibuka, Mémoire et Justice mu bikorwa byayo.

Mu byaranze igitaramo habayemo gusabana cyane kuko wasangaga abakitabiriye bose  bahuje urugwiro bya kivandimwe na kinyarwanda. Habayemo no gusangira ndetse no  kwidagadura.

Itorero Ihanika ryasusurukije abari bahari maze na bo  bacinya akadiho  biratinda. Abandi bacuranzi basusurukije abari bahari ni igihangange De Gaulle n’igihangange Jean Paul Samputu hanyuma bisozwa na D.J Flor kugeza bukeye.

Iki  gitaramo cyari  cyiza cyane kandi cyari giteguye neza. Serivisi na zo zagenze neza ku buryo ari ngomba  gushimira bamwe mu bitanze,  nk’abahoze mu buyobozi bwa Ibuka aribo Usabayezu Emmanuel, na Stany Mukurarinda.

Abandi  bo gushimirwa bitanze cyane bikomeye ni Carine, Priscilla,  Mylliam n’urubyiruko biyemeje kwitangira impamvu Ibuka iharanira bibumbiye mu itsinda ryitwa “Ibuka New Generation”.

Tel: +32 466 45 77 04 (Watsapp & viber)

Komite ya Ibuka, Mémoire et Justice, iyobowe na Deo Mazina (Ifoto/Igihe)

igitaramo bose bacinye umudiho (Ifoto/Igihe)

Deo Mazina, Perezida wa Ibuka, Mémoire et Justice, acinya umudiho na Boniface Rutayisire ukunze kwitabira ibikorwa bihuza Diaspora mu Bubiligi n’ahandi (Ifoto/Igihe)

Umushayayo wa kinyarwanda ni umwe mu byasusurukije igitaramo (Ifoto/Igihe)

Abahanzi basusurukije abitabiriye igitaramo karahava (Ifoto/Igihe)

Deo Mazina, Perezida wa Ibuka, Mémoire et Justice, acinya umudiho na Boniface Rutayisire ukunze kwitabira ibikorwa bihuza Diaspora mu Bubiligi n’ahandi (Ifoto/Igihe)

Uhagarariye u Rwanda mu Bubiligi, Ambasaderi Rugira Amandin (iburyo) na Madamu we bitabiriye ibirori

Iburyo ujya ibumoso: Kagabo ukorera Kigali Today mu Bubiligi, Nadia Kabarira umwe mu bayobozi ba RPF mu Bubiligi, Jessica ukorera Igihe.com mu Bubiligi na Sandrine Uwimbabazi ushinzwe urubyiruko muri Diaspora mu Bubiligi

Inshuti z’abanyarwanda zari zitabiriye igitaramo

Urubyiruko rwaserukanye umucyo

Intore na zo zahaserukanye umuyo

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities