Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare gitangaza ko imibare igaragaza ko ingo icyenda mu ngo icumi z’Abanyarwanda zitunze radiyo. Radiyo yagize uruhare runini mu kugeza ku baturage politiki z’igihugu haba mu bihe byiza no mu bihe bibi.
Kubera ko muri rusange Abanyarwanda bose batazi gusoma, ndetse n’ababizi bakaba batabikunda, ahantu bakura amakuru ayo ari yo yose h’ibanze ni kuri radiyo.
Ahenshi mu gihugu abaturage bazinduka bumva amakuru yaba aba ari gucaho ako kanya kuri radiyo zinyuranye, yaba n’andi asomwa n’abanyamakuru baba bayakusanyije bayakuye mu itangazamakuru ryandika.
Kubera urukundo Abanyarwanda bakunda radiyo, hari ikinanga kibanziriza amakuru kuri radiyo Rwanda( niyo yashinzwe bwa mbere mu mwaka wa 1961) kivuga ko gutunga radiyo ariko ntiwumve radiyo Rwanda icyo gihe ntacyo biba bimaze.
Radiyo Salusi ya Kaminuza y’u Rwanda ikoreshwa cyane mu gutoza umwuga w’itangazamakuru yo igira ikinanga kivuga ngo ‘izuba rirarasa abantu bakajya ku murimo, radio salusi ikavuga mukamenya amakuru’.
Radiyo Izuba( ikorera mu Ntara y’Uburasirazuba) igira ikirango cyumvikanisha ko burya radiyo ari iy’abaturage kuko kigira kiti: ‘Radiyo y’abaturage mu baturage rwagati’.
Energy Radio ifite icyicaro mu Ntara y’Amajyaruguru ivuga ko ‘uko ibirunga bisumba indi misozi, Niko Energy Radio, ari rudasumbwa mu gusakaza amakuru, abayumva bati Energy ni Radio y’icyitegererezo’.
Radio/TV 1 yo igira imvugo mu Cyongereza igira iti: ‘At the Heart of the Content’, bishatse kuvuga ko iba ‘ikurikiranira hafi aho ibintu bibera.’
Ufatiye kuri izi ngero, ubona ko n’ubuyobozi bwa radiyo muri rusange buzi ko ifite akamaro mu kumenyesha amakuru, guhugura abaturage no kubaruhura mu mutwe nk’uko bisanzwe ari nazo nshingano z’itangazamakuru muri rusange.
Mbere y’uko ikoranabuhanga rikataza mu Rwanda, radiyo zabaga ari igikoresho gifitwe n’uwifite kandi akoresha ari mu rugo gusa, yagira aho ajya akayisiga.
Ndetse hari igihe cyageze, Radiyo Rwanda ikajya ifunga gahunda zayo mu masaha runaka, zikongera gukora ku gihe cyagenwe ariko ubu byarahindutse.
Telefoni zose zikoranywe radiyo, mu modoka habamo radiyo, kuri murandasi yaba iri kuri mudasobwa cyangwa kuri telefoni haboneka radiyo, mbese bisa n’aho iba ahantu hose.
Ubushakashatsi ku mibereho y’ingo mu Rwanda buheruka bwa EICV 7 buhamya ibi kuko bwasanze ingo zingana na 86.1% z’ingo zose mu Rwanda zitunze radiyo.
Amateka ya radiyo mu Rwanda yerekana ko yahageze mu mwaka wa 1961.
Radiyo yageze mu Rwanda ku mugaragaro mu mwaka wa 1961, ubwo hashyirwagaho Radiyo Rwanda, ari yo radiyo ya mbere y’Igihugu.
I Kigali niho yashingiwe bwa mbere, habura igihe gito ngo igihugu kibone ubwigenge mu mwaka wa 1962.
Yari igamije gutanga amakuru, kwigisha abaturage no gutanga amatangazo ya Leta.
Mu myaka yakurikiyeho, radiyo yabaye igikoresho gikomeye mu kumenyekanisha politiki ya Leta, gahunda z’iterambere n’ubukangurambaga.
Nubwo yabaye uburyo bwo kwigisha, radiyo yabaye n’umuyoboro abanyapolitiki bakoresheje mu kwigisha urwango rwagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Radiyo Rwanda na Radiyo RTLM(Radio-Télévision de Milles Collines) zakoreshejwe mu kubiba urwango mu Banyarwanda.
Aho Jenoside ihagarikiwe, hakurikiyeho nanone gukoresha radiyo mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge mu baturage.
Imibare igaragaza ko ubu mu Rwanda hari radiyo 31.













































































































































































