Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Abofisiye babiri ba RDF bari mu basoje amasomo mu ishuri rya gisirikare muri Kenya

Raoul Nshungu

Maj. Emmanuel Rutayisire na Maj. Hipolyte Muvunyi basoreje amasomo ya gisirikare mu Ishuri Rikuru  rya Gisirikare rya Kenya ‘Joint Command and Staff College’ (JCSC) riherereye  i Karen, mu Mujyi wa Nairobi.

Kuri uyu wa kane tariki ya 5 Kamena 2025 nibwo ibirori byo gusoza Amasomo y’abarangije muri iryo shuri byabaye, ku ruhande rw’u Rwanda Col. Celestin Kamanda, uhagarariye inyungu z’u Rwanda mu bya gisirikare muri Kenya (Defence Attaché) ni we witabieriye ibi birori.

Umuyobozi w’Ishuri rya JCSC, Maj. Gen Eliud Kinuthia, yagaragaje akamaro k’ayo masomo avuga ko atari ingirakamaro mu kazi gusa ahubwo ari ingenzi mu kubaka abasirikare n’abayobozi b’inzobere bashoboye gutegura ahazaza h’ingabo muri rusange.

Yagize ati: “Ubu bafite ubumenyi buhanitse ku macenga akoreshwa (strategic insights) n’indangagaciro za kiyobozi zizabafasha gukora ibyo bashinzwe mu nzego zitandukanye.”

Yashimangiye ko abanyeshuri bose barangije batsinze neza amasomo 100%.

Maj. Gen. Kinuthia yashimiye abarangije amasomo yabo ku bw’umurava, imyitwarire myiza, n’uburyo bagaragaje ishyaka ridasanzwe mu gihe cy’amasomo.

Yongeyeho ko uyu mwaka utari usanzwe kuko ari bwo bwa mbere abasirikare bakomoka muri Somalia na Burkina Faso bitabiriye masomo nk’ayo.

Abasirikare basoje uko 90 barimo n’abo mu bihugu 15 by’abaturanyi bize amasomo ajyanye no kubategura bakava ku rwego rwo hagati mu buyobozi bakajya mu rwego ruhanitse n’ubushobozi bwisumbuye mu mitekerereze.

Ishuri rya JCSC ryashinzwe mu 1984 rifite intego yo gutoza abasirikare bo ku rwego rwo hejuru bitegura inshingano zikomeye z’ubuyobozi.

Mu banyeshuri bandi bitabiriye harimo abaturutse mu bihugu nka Botswana, Burkina Faso, u Burundi, Ethiopia, Malawi, Namibia, Sierra Leone, Afurika y’Epfo, Sudani y’Epfo, Somalia, Tanzania, Uganda, Zambia n’ibindi.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Football

Panorama Sports Muhire Kevin, wamaze gutandukana na Rayon Sports nyuma yo gusoza amasezerano ye yamaze kwerekeza mu ikipe yitwa Jamus FC yo mu icyiciro...

Amakuru

Panorama Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC)iravuga ko ifite intego y’uko myaka 5 iri mbere abanyura mu mashuri y’incuke bazaba bageze kuri 65%. Ibi byagarutsweho kuwa 13...

Ahandi

Raoul Nshungu Papa Leo XIV yagize Joseph Lin Yuntuan Musenyeri, aba uwa mbere mu mateka ya y’Abakristu Gatulika  bo mu Bushinwa. Ni uburyo bwemeza...

Ubucuruzi

Raoul Nshungu Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) iravuga ko mu ngengo y’Imari ya 2025-2026 hari ibicuruzwa byasonewe umusoro ahandi uragabanywa. Ku wa 12 Kamena 2025,...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities