Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Mpayimana yiteguye kongera kwiyamamaza mu 2024

Mpayimana Philippe avuga ko yiteguye kongera guhatanira umwanya w'umukuru w'igihugu mu matora ya 2024 (Photo/Courtesy)

Ahagana saa sita z’amanywa, nibwo umukandida wigenga mu matora y’umukuru w’igiugu, Mpayimana Philippe, yari ageze mku biro by’itora by’ishuri ribanza rya Camp Kigali, mu murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge.

Nyuma yo kugenzura ko ari kuri lisiti y’itora no gusobanurirwa uburyo bwo gutora, ndetse we ubwe akitorera Perezida wa Repubulika, yabwiye itangazamakuru ko naramuka atsinzwe amatora y’umukuru w’igihugu yemera ibivuye mu matora ariko akazongera guhatanira uwo mwanya mu matora yo mu 2024, nyuma y’imyaka irindwi.

Yagize ati “N’ubwo naba ntatowe mfite uburenganzira bwo kongera kwiyamamaza mu matora yo mu 2024, ndakeka ko ntazahagarika.”

Yongeye ho ko n’ubwo yatsindwa atazahita asubira mu Bufaransa, ariko kandi yanatangajwe n’ubudasa amatora yo mu Rwanda ateguranwa, kuko bwari ubwa mbere atoye. Yatangajwe n’uburyo ibiro by’itora byutatse, ndetse imyiteguro n’imitako byashyizwemo byatumye na we yumva yabyina.

Yavuze ko yizeye adashidikanya ko amatora ari bugende neza kandi n’ibiyavamo bikaba binyuze mu mucyo kuko afite indorerezi zisaga 70 hirya no hino mu gihugu, zikurikirana ibye mu matora kandi zamaze kumubwira ko bimeze neza.

Avuga ko akigera mu gihugu yari afite icyizere cyo gutsinda amatora kuri 30%, ariko cyiyongereye ku buryo kugeza ubu kigera kuri 50%.

Avuga kandi ko imigabo n’imigambi bye nta kizamubuza gukomeza kubiharanira, kuko kuri we gutsinda kwa demokarasi no gutsinda kw’abaturage ari yo ntsinzi ye.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities