Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Perezida Kagame yakiriye itsinda riturutse mu ishuri Hope Haven Christian

Raoul Nshungu

Kuri uyu wa Gatanu Perezida Kagame yakiriye itsinda riturutse mu ishuri rya Hope Haven Christian, riyobowe na Hollern Susan, washinze akaba n’umuyobozi waryo. Ni ishuri rimaze igihe ritanga uburezi bushingiye ku ndangagaciro za gikirisitu no kubaka ubuyobozi bufite icyerekezo.

Ubwo yakiraga iryo tsinda ryari riyobowe n’Umuyobozi akaba n’uwashinze Hope Haven Christian School, Hollern Susan, Perezida Kagame yabashimiye ko bakoze ibyo u Rwanda n’Abanyarwanda abari bakeneye.

Agira ati“Nk’umwana muto w’umuhungu wabaga mu nkambi y’impunzi, twigiraga munsi y’ibiti. Twakoreshaga amatako yacu nk’amakayi ndetse n’uduce tw’uduti nk’amakaramu. Ibyo byaduhaye intangiriro nziza. Byari bigoye, ariko twari tuzi ko ari ikintu cyiza cyo gukora. No muri ibyo bihe bigoye twumvaga agaciro ko kwiga.”

Umukuru w’Igihugu yagarutse ku rugendo rwa nyuma y’urugamba rwo kubohora Igihugu agira ati: “Nyuma, mu gihe cy’urugamba rwo kubohora Igihugu cyacu, twongeye kwisanga mu mashuri atandukanye, iki gihe mu mashyamba. Twari tukiga. Intambwe zose z’urwo rugendo zari isomo.”

Akomeza agira ati “Iyo utanze uburezi, ntuba wigisha gusa, ahubwo uba ufasha abakiri bato gukabya inzozi zabo no kugena ahazaza h’Igihugu.”

Iri shuri ryatangiye mu mwaka wa 2012, riherereye i Ndera mu Karere ka Gasabo. Ryatangiye abana bigira mu mahema, ahanini rifata abana bavuka mu miryango ikennye ndetse n’ababyeyi babo bagahabwa imirimo imwe n’imwe kuri iryo shuri.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

By Rene Anthere Rwanyange East African countries are accelerating efforts to harmonise higher education systems, with the region targeting a common higher education area...

Politiki

U Rwanda n’Ubwami bwa Oman byasinye amasezerano abiri n’inyandiko esheshatu z’ubwumvikane, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, cyane cyane mu bucuruzi,...

Amakuru

By Rene Anthere Rwanyange Rwanda and Oman have signed two agreements and six Memoranda of Understanding (MoUs) aimed at deepening bilateral cooperation in trade,...

Politiki

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro na Sultan Haitham bin Tariq wa Oman, bigamije gukomeza umubano hagati y’ibihugu byombi no kurebera...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities