Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Resource map: Igisubizo ku makuru y’abafite ubumuga

Resource Map uburyo bw'ikoranabuhanga bufasha abantu bose bafite amakuru ndetse na serivisi birebana n'abantu bafite ubumuga bashobora gukoresha mu kubimenyekanisha. (Photo/Panorama)

Kubona amakuru yerekeye abantu bafite ubumuga, amatangazo ku bikorwa biteganywa, amaserivisi y’abafatanyabikorwa, ibikubiye mu mishinga yaba iya kera n’iteganyijwe n’abafatanyabikorwa ni ibyo ushobora kugeraho wifashishije urubuga rwa mbere rutangijwe ku mugabane wa Afurika.

Ku wa 7 Gashyantare 2017, i Kigali, Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga ifatanyije na JICA, batangije uburyo bwa mbere ku mugabane wa Afurika mu gusakaza amakuru arebana n’abafite ubumuga hakoreshejwe uburyo bwiswe « Resource Map ».

Resource Map ni igikoresho gikoreshwa ku murongo wa murandasi (internet) kugira ngo hatezwe imbere ubuzima busanzwe bw’abantu bafite ubumuga.

Nk’uko bigarukwaho na Emmanuel Ndayisaba, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCPD), uru rubuga ruzajya rutanga amakuru ku bantu bose arebana n’abafite ubumuga.

Agira ati « NI umwanya kandi wo kumenyekanisha serivisi zihabwa abafite ubumuga n’aho zitangirwa. Abikorera bazabona amakuru n’umwanya wo gutegura ibyo bagenera ndetse na serivisi baha abafite ubumuga. Serivisi zihabwa abafite ubumuga ziraza kujya ziboneka ku buryo bworoshye.»

Tomonori Nagase, wari uhagarariye JICA muri icyo gikorwa yatangaje ko ikoranabuhanga rifasha abafite ubumuga gukora imirimo yabo neza kandi ku buryo bwihuse kandi guhanahana amakuru bizabafasha gukemura ibibazo byabo.

«Uyu mushinga ni uwa mbere dushyize muri Afurika ; u Rwanda nirwo rubaye ku isonga mu kuwushyira mu bikorwa kubera ko rwihuta cyane mu ikoranabuhanga. Uru rubuga ruzaba igikoresho hagati y’abafatanyabikorwa ba NCPD mu guhanahana amakuru ku bafite ubumuga.»

Icyo Nagase yagarutseho n’uko JICA itifuza ko hari umuntu n’umwe usigara inyuma mu iterambere bityo bakaba bashyizeho uburyo bufasha abafite ubumuga n’abafatanyabikorwa ujya basangira amakuru.

Abazakoresha ubu buryo ni abafatanyabikorwa bafasha abantu bafite ubumuga na ba rwiyemezamirimo. Urubuga warugeraho ukoresheje www.resourcemap.rw

Panorama

Emmanuel Ndayisaba, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Inama y'igihugu y'abantu bafite ubumuga. (Photo/Courtesy)

Emmanuel Ndayisaba, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Inama y’igihugu y’abantu bafite ubumuga. (Photo/Courtesy)

Mr Tomonori Nagase, Intumwa ya JICA. (Photo/Courtesy)

Mr Tomonori Nagase, Intumwa ya JICA. (Photo/Courtesy)

Abafatanyabikorwa ba NCPD bitabiriye itangizwa rya Resource Map, uburyo bwo kubona amakuru yose arebana n'abantu bafite ubumuga bwatangijwe muri Afurika. U Rwanda ku isonga mu ikoranabuhanga. (Photo/Panorama)

Abafatanyabikorwa ba NCPD bitabiriye itangizwa rya Resource Map, uburyo bwo kubona amakuru yose arebana n’abantu bafite ubumuga bwatangijwe muri Afurika. U Rwanda ku isonga mu ikoranabuhanga. (Photo/Panorama)

Abafatanyabikorwa ba NCPD bitabiriye itangizwa rya Resource Map, uburyo bwo kubona amakuru yose arebana n'abantu bafite ubumuga bwatangijwe muri Afurika. U Rwanda ku isonga mu ikoranabuhanga. (Photo/Panorama)

Abafatanyabikorwa ba NCPD bitabiriye itangizwa rya Resource Map, uburyo bwo kubona amakuru yose arebana n’abantu bafite ubumuga bwatangijwe muri Afurika. U Rwanda ku isonga mu ikoranabuhanga. (Photo/Panorama)

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities