Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

U Rwanda rwakiriye abacanshuro basaga 280 barwaniraga Leta ya DRC rubaha inzira isubira iwabo (Amafoto)

Abacanshuro b’Abanyaburayi bakoreshwaga na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, mu kurwanya Umutwe wa M23 bageze mu Karere ka Rubavu, ku wa Gatatu, tariki ya 29 Mutarama 2025.

Ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika ya Demokarasi ya Congo, u Rwanda rwakiriye abacanshuro basaga 280 biganjemo abaturuka mu gihugu cya Romania ku mugubane w’u Burayi. babanje gusakwa nyuma bakirwa n’abashinzwe kwakira abinjira n’abasohoka. Binjiye bari ku mirongo mbere y’uko binjizwa muri bisi zabugenewe, zabagejeje mu Mujyi wa Kigali.

Abacanshuro bagera ku 2000 baturuka mu Burasirazuba bw’u Burayi bifashishijwe na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu kurwanya abaturage bayo ari bo M23, Umutwe ugizwe n’Abanye-Congo baharanira uburenganzira bwabo.

Nyuma yo kuzenguruka Umujyi wa Goma na gutanga igihe ntarengwa cyo kuba bashyikirije intwaro MONUSCO, aba bacanshuro ni bamwe mu bishyikirije ingabo za Loni nk’uko byasabwe na M23.

Nyuma yo gusakwa burijwe imodoka nini zisanzwe zitwara abagenzi bahita berekeza ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Kigali kiri i Kanombe, aho bavuye basubizwa mu bihugu byabo.

Aba bacanshuro barwanaga ku ruhande rwa RDC bivugwa ko bakomoka mu gihugu cya Romania kiri ku mugabane w’u Burayi. Banyuze mu Rwanda bavuye mu Mujyi wa Goma nyuma yo gusabirwa inzira ndetse M23 ikabyemera.

Umutwe wa M23 umaze iminsi ine uri kugenzura Umujyi wa Goma nyuma yo gutangaza ko yawufashe. Kuva uwo munsi yatangaje ko ikirere cya Goma gifunze, inahagarika ibikorwa byose bibera mu Kiyaga cya Kivu ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Nyuma y’ibyo ariko, andi makuru avuga ko intambara ikomereje muri Kivu y’Amajyepfo ikaba igeze hafi muri kilometero 100 yerekeza mu mujyi wa Bukavu. Urubyiruko rwo muri uwo mujyi ku munsi w’ejo rwabyutse rwigaragambya rusaba ko Perezida Antoine Felix Tchisekedi yabaha imbunda na bo bakajya ku rugamba.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amagare

Tour du Rwanda igiye gukinwa ku nshuro ya 17 kuva ibaye mpuzamahanga no ku nshuro ya karindwi kuva igiye ku rwego rwa 2,1. Izatangira...

Amagare

Ubuyobozi bwa Tour du Rwanda bwashyize hanze itangazao rigaragaza ko ikibazo cy’umutekano muke uri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), gikomoka...

Inkuru nyamukuru

Panorama In the verdant hills of Rwanda, an exceptional coffee product is cultivated that melds tradition, culture, and quality. Orga Gourmet Coffee, processed by...

Amakuru

Ku bufatanye bwa Polisi y’Igihugu, Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubugenzuzi bw’Ubuziranenge, Ihiganwa mu bucuruzi no kurengera Umuguzi (RICA) ndetse...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities