Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gakenke: Batandatu bafashwe biba amabuye y’agaciro mu mugezi

Abantu batandatu batawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda, ku wa 17 Nzeri 2019, bacukura amabuye y’agaciro mu mugezi witwa Rutamba, uherereye mu murenge wa Coko mu karere ka Gakenke.

Aba bagabo bafashwe mu gihe   mu minsi ishize mu murenge wa Ruli nawo uherereye muri aka karere ka Gakenke hari hafatiwe abandi baturage barimo biba amabuye mu kirombe cy’umushoramari.

Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Gakenke Chief Inspector of Police (CIP) Roger Rwakayiro  avuga ko abajya kwiba aya mabuye bitwikira ijoro.  Aboneraho kwibutsa abaturage ko ubwo bujura ari bubi haba ku buzima bw’ababukora ndetse no ku gihugu muri rusange, abasaba kubicikaho bakareba indi mirimo bakora.

CIP Rwakayiro yagize ati “Bariya  bantu bajya kwiba amabuye rwihishwa bamwe bikabaviramo kugwirwa n’ibirombe bagapfa, abandi bajya mu migezi kuyashakamo bigatuma ikama vuba bigateza iyangirika ry’ibidukikike.”

Yakomeje agaragaza ko ubu bujura bugira ingaruka zikomeye kuri ba nyir’ibirombe ndetse n’ubukungu bw’igihugu bukahazaharira.

Yagize ati “Bariya bajura bajya mu birombe by’abantu b’ababashoramari  baba baratse ibyangombwa bibemerera gucukura, icyo gihe barabahombya. Ikindi  iyo bamaze kuyiba bajya kuyagurisha mu buryo bwa magendu, ntibatange imisoro bityo igihugu kikahahombera.”

CIP Rwakayiro yaboneyho gushimira abaturage bo mu murenge wa Coko bo batanze amakuru yatumye bariya bantu batandatu bafatwa, asaba abaturage gukomeza gutangira amakuru ku gihe.

Yagize ati “Kugira ngo dufate bariya bantu byaturutse ku makuru twahawe n’abaturage, turabasaba gukomeza gutanga amakuru kugira ngo duhashye biriya bikorwa bibi. Barangiza ibidukikije kandi barahombya igihugu.”

Imirenge itandukanye muri aka karere ka Gakenke hakunze kugaragara ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kuko higaje amabuye yo mu bwoko bwa Gasegereti, Koruta ndetse n’ayo mu bwoko bwa Wolufuramu (Wolfram). Abafashwe Polisi yabashyikirije urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha kugira ngo bakorerwe  amadosiye ashyikirizwe ubushinjacyaha.

Itegeko nimero 58/ 2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri mu ngingo yaryo ya 54 ivuga ko umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000Frw) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 Frw) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

Ubwanditsi

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities