Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Ngoma: Ikiraro cya Rwagitugusa cyahagaritse ubuhahirane ariko kigiye gusanwa

Ikiraro cya Rwagitugusa cyari cyararengewe n'amazi gihagarika ubuhahirane hagati y'abatuye imirenge ya Mutenderi na Gahara gikenewe gusanwa (Ifoto/Theoneste N)

Abakoresha umuhanda Mutenderi – Gahara baravuga ko bahombejwe bikomeye n’iteme rya Rwagitugusa. Iki kiraro  bivugwa ko cyazibye ndetse no kuba ari kigufi bikaba byaratumye amazi y’uruzi rw’Akagera abura inzira  akigira mu muhanda. Ababishinzwe barizeza abaturage ko kizasanwa vuba.

Abaturage bakunda kuva cyangwa bajya muri aka gace bakaba basaba ubuyobozi kuvugurura iki kiraro. Ntibanyurwa Sosthène ni umwe mu bakunda kunyura kuri iki kiraro avuga ko  ubuhahirane bwadindiye kubera ko ntawari ukibona uko arema isoko rya Kibungo cyangwa Kabarondo kubera gutinya kucyambuka.

Mu buhamya bwe agira ati “Jyewe rwose ingendo nakoraga njya guhaha i Gahara zahagaze, ejobundi nari i Gahara nka saa kumi n’imwe z’umugoroba, Moto yose mpagaritse ngo intware i Kibungo bati ‘ariya mazi ya Rwagitugusa sinayiteza iri joro’. Byansabye guhamagara i Kibungo ahantu nagenderaga ibihumbi bibiri byansabye gutanga ibihumbi bitanu.”

Uwizeyimana Angélique na we akoresha uyu muhanda kenshi mu bucuruzi, avuga ko bari bishimiye ko bubakiwe umuhanda ariko hakiri ikibazo cy’iki kiraro. Abivuga muri aya magambo “Uru rutindo rukwiye kuvugururwa tukareka kujya tujambagira muri aya mazi. Ubu se ko ari uko akazuba kagiye kuva ugira ngo mu minsi mike ishize hari uwashoboraga gupfa kwambuka Rwagitugusa”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa mu murenge wa Mutenderi mu karere ka Ngoma, Ngenda Mathias,  avuga kuri iki kibazo  yakomoje ku mihindagurikire y’ikirere  ko  ariyo ituma   hari ubwo amazi yuzuraga bikaba byabangamira urujya n’uruza rw’abantu, ariko akizeza abakoresha uyu muhanda ko agiye gukora ubuvugizi, ugatunganywa.

Agira ati “Tugiye gukora ubuvugizi, nihaboneka ubushobozi iki kiraro kibe cyavugururwa kubera ko ntawusezerana n’ikirere gishobora guhinduka amazi akaba yabuza abaturage guhahirana; icyakora ubu nta kibazo kinini kigihari abaturage baraduhamagaye tujyayo, ubu amazi yatangiye gukamuka turabizeza ariko gukora ubuvugizi ku mpande zombi.”

Mutabazi Celestin ni umukozi w’akarere ka Ngoma ufite mu nshingano imihanda yemeza ko iki kiraro gishaje ariko ko bizeye ko kizasanwa. Ku bijyanye ni uko mu gihe cy’imvura amazi akirenga akajya mu muhanda sibyo.

Agira ati “Kiriya kiraro kirashaje, twamaze guvugana n’urwego rw’igihugu rushinzwe iby’imihanda kizakorwa. Abakoresha uriya muhanda turabizeza ko vuba bizakorwa kandi ikibazo ntabwo ari ikiraro, birasaba kuzamura hariya mu gishanga hose ni ibintu bisaba inyigo.”

Ikiraro cya Rwagitugusa gihuza akarere ka Ngoma na Kirehe kikaba gifasha mu buhahirane bw’utu turere twombi cyaherukaga gusanwa mu mwaka wa 2017 ahashyizweho imbaho hakanasigwa amarangi.

Nkurunziza Theoneste /Ngoma

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities