Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ubucuruzi

U Rwanda rugiye gutumiza ingano n’ibigori muri Serbia

Leta y’u Rwanda ivuga ko igiye guhahira ingano n’ibigori mu gihugu cya Serbia, mu rwego rwo kuziba icyuho cyatewe n’intambara iri hagati y’u Burusiya na Ukraine kandi rwari rusanzwe ruhahirayo.

Ibi byagarutsweho ku wa Kabiri tariki ya 18 Mata 2023, mu biganiro byahuje Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Édouard, ubwo yakiraga mu biro bye Minisitiri w’Ubucuruzi wa Serbia, Tomslav Momirovic.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Prof Nshuti Manasseh, atangaza ko ibiganiro hagati ya Minisitiri w’Intebe n’intumwa za Serbia byageze ku myanzuro irimo no kuziba icyuho cyatewe n’igabanuka ry’ibinyampeke u Rwanda rwavanaga mu Burusiya na Ukraine .

Agira ati ‘‘Twumvikanye ko dushobora guhahirayo ingano n’ibigori tukabizana abanyarwanda babyifuza bakabigura ku giciro gihendutse. Twumvikanye ko tugiye kuganira tukareba uko twabikora n’abacuruzi bacu ukuntu bajyaho bakabizana ku biciro bihendutse bikungukira abanyarwanda.’’

Avuga kandi ko u Rwanda rufite byinshi rwakohereza muri Serbia, birimo icyayi n’ikawa, ba mukerarugendo b’iki gihugu nabo bakaba baza gusura u Rwanda.’’

U Rwanda na Serbia bifitanye umubano ushingiye ku bucuruzi na dipolomasi kuva mu 1971.

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yakira mu biro bye Minisitiri w’Ubucuruzi wa Serbia, Tomslav Momirovic

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities