Connect with us

Hi, what are you looking for?

Inkuru nyamukuru

REG yateranije inama yo ku rwego rwo hejuru yo gusuzuma no kwemeza igenamigambi ryayo ry’imyaka 10 iri imbere

Panorama

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu REG kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Ukwakira 2024. Iyi nama y’iminsi ibiri n’abafatanyabikorwa bayo, iri ku rwego rwo hejuru, igamije gusuzuma no kwemeza igenamigambi ryayo ry’imyaka 10 iri imbere (2024-2034), mu guteza imbere ingufu mu Rwanda.

Bamwe mu bafatanyabikorwa ba REG bitabiriye iyo nama barimo abahagarariye Minisiteri y’ibikorwaremezo mu Rwanda MININFRA, abagize inama y’ubutegetsi ya REG, Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda -MINICOM, Urugaga rw’abikorera mu Rwanda -PSF, Ikigo Ngenzuramikorere ry’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro -RURA, Minisiteri y’ibidukikije n’abandi batandukanye.  

Imwe mu mirongo migari yaganiriweho muri iyo nama harimo ingamba zafashwe zo kongera ingufu z’amashanyarazi mu Rwanda, kongera ingano y’imiyoboro y’amashanyarazi n’ibikorwaremezo biyashamikiyeho.

Harimo kandi kubufatanye n’abafatanya bikorwa ba REG, iyi Sosiyete yiyemejeko mu myaka 10 iri imbere (2024-2034) izakomeza kunoza imikorere no kongera ingano y’abaturage bagerwaho n’amashanyarazi; no gushyiraho ingamba nshya zigamije kwagura isoko ry’ubucuruzi bw’amashanyarazi hagati y’uRwanda ndetse n’ibindi bihugu. 

Muri izo ngamba z’imyaka 10 iri imbere harimo gushyiraho ingamba n’intego zirambye z’imari n’ishoramari mu rwego rw’ingufu, kongera ishoramari muri urwo rwego riva kubafatanyabikorwa ndetse n’abashoramari, kongera ingufu n’ibicanwa bitangiza ibidukikije no kongera ububiko bw’ibikomoka kuri Peteroli. 

Inama kandi yagaragaje imirongo migari y’ibyihutirwa ku rusha ibindi mu myaka 10 iri imbere harimo gushyira mu bikorwa  igenamigambi rigamije gukemura ibibazo by’abaturage no kwihutisha iterambere ry’ingufu mu Rwanda. Kugeza ubu abanyarwanda bagerwaho n’amashanyarazi ni 80.1%, aho umuriro utangwa mu gihugu ungana na megawate 406.402 MW.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Rwanda

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye urubyiruko rwitabiriye Itorero Indangamirwa icyiciro cya 16 gukomeza kubungabunga no guteza imbere ibyo igihugu cyagezeho, arwibutsa ko ahazaza...

Politiki

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yongeye gukangurira urubyiruko kwita ku rurimi rw’Ikinyarwanda, arusaba kuruvuga no kurwandika mu buryo buboneye, agaragaza ko gusigasira ururimi kavukire...

Politiki

Perezida wa Repubulika akaba na Chairman wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame, yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’uyu Muryango, bibanda ku mateka yawo, indangagaciro uwuranga ndetse n’uruhare ukomeje...

Ahandi

Sugira Aime Christian, Nk’uko tubikesha Ikinyamakuru “IGIHE ” Perezida wa Argentine, “Javier Milei” yatutse Mugenzi we wa Brazil, Luiz Inácio Lula da silva, amwita...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities