Connect with us

Hi, what are you looking for?

Inkuru nyamukuru

REG yateranije inama yo ku rwego rwo hejuru yo gusuzuma no kwemeza igenamigambi ryayo ry’imyaka 10 iri imbere

Panorama

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu REG kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Ukwakira 2024. Iyi nama y’iminsi ibiri n’abafatanyabikorwa bayo, iri ku rwego rwo hejuru, igamije gusuzuma no kwemeza igenamigambi ryayo ry’imyaka 10 iri imbere (2024-2034), mu guteza imbere ingufu mu Rwanda.

Bamwe mu bafatanyabikorwa ba REG bitabiriye iyo nama barimo abahagarariye Minisiteri y’ibikorwaremezo mu Rwanda MININFRA, abagize inama y’ubutegetsi ya REG, Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda -MINICOM, Urugaga rw’abikorera mu Rwanda -PSF, Ikigo Ngenzuramikorere ry’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro -RURA, Minisiteri y’ibidukikije n’abandi batandukanye.  

Imwe mu mirongo migari yaganiriweho muri iyo nama harimo ingamba zafashwe zo kongera ingufu z’amashanyarazi mu Rwanda, kongera ingano y’imiyoboro y’amashanyarazi n’ibikorwaremezo biyashamikiyeho.

Harimo kandi kubufatanye n’abafatanya bikorwa ba REG, iyi Sosiyete yiyemejeko mu myaka 10 iri imbere (2024-2034) izakomeza kunoza imikorere no kongera ingano y’abaturage bagerwaho n’amashanyarazi; no gushyiraho ingamba nshya zigamije kwagura isoko ry’ubucuruzi bw’amashanyarazi hagati y’uRwanda ndetse n’ibindi bihugu. 

Muri izo ngamba z’imyaka 10 iri imbere harimo gushyiraho ingamba n’intego zirambye z’imari n’ishoramari mu rwego rw’ingufu, kongera ishoramari muri urwo rwego riva kubafatanyabikorwa ndetse n’abashoramari, kongera ingufu n’ibicanwa bitangiza ibidukikije no kongera ububiko bw’ibikomoka kuri Peteroli. 

Inama kandi yagaragaje imirongo migari y’ibyihutirwa ku rusha ibindi mu myaka 10 iri imbere harimo gushyira mu bikorwa  igenamigambi rigamije gukemura ibibazo by’abaturage no kwihutisha iterambere ry’ingufu mu Rwanda. Kugeza ubu abanyarwanda bagerwaho n’amashanyarazi ni 80.1%, aho umuriro utangwa mu gihugu ungana na megawate 406.402 MW.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities