Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ibidukikije

Hatangajwe igihe umuhango wo Kwita izina uzabera

Panorama

Babinyujije kuri X, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwatangaje ko ibirori by’Umuhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi bizaba tariki 5 Nzeri 2025.

Ibi birori bisanzwe bibera mu Karere ka Musanze, aho umuntu yakwita ku birenge by’ibirunga, byagombaga kuba byarabaye umwaka ushize, biza gusubikwa kubera Icyorezo cya Marburg.

Kuva mu 2005, Leta y’u Rwanda yashyizeho igikorwa cyo umuhango wo Kwita Izina abana b’Ingagi, gihoraho, kiba mu rwego rwo kwita ku rusobe rw’ibinyabuzima muri rusange, kubungabunga ingagi by’umwihariko, gushimira abazitaho mu buzima bwa buri munsi no kwishimira iterambere ryazo ku baturiye icyanya cy’aho zituye. Kuva iki gikorwa cyatangira, hashize imyaka 19, ingagi zigera kuri 352 zahawe amazina binyuze muri gahunda ya Kwita Izina.

Mu 2023, ubwo habaga ibirori byo Kwita Izina ku nshuro ya 19, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, rwatangaje ko ibyo ku nshuro ya 20 bizaba ari umwihariko kuko abagize uruhare mu gutanga amazina mu myaka yose yatambutse bazatumirwa bose.

Nk’uko RBA ibigarukaho, Raporo y’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) y’umwaka wa 2024 ku ishusho y’ishoramari, ubukerarugendo, ibyoherezwa mu mahanga, ndetse n’ubundi bucuruzi, igaragaza ko Ubukerarugendo bwinjirije u Rwanda miliyoni 647 z’amadorali, izamuka rya 4.3% ugereranyije n’umwaka wabanje. Ubukerarugendo bushingiye ku ngagi bwabigizemo uruhare ku kigero cya 27%.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Football

Panorama Sports Muhire Kevin, wamaze gutandukana na Rayon Sports nyuma yo gusoza amasezerano ye yamaze kwerekeza mu ikipe yitwa Jamus FC yo mu icyiciro...

Amakuru

Panorama Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC)iravuga ko ifite intego y’uko myaka 5 iri mbere abanyura mu mashuri y’incuke bazaba bageze kuri 65%. Ibi byagarutsweho kuwa 13...

Ahandi

Raoul Nshungu Papa Leo XIV yagize Joseph Lin Yuntuan Musenyeri, aba uwa mbere mu mateka ya y’Abakristu Gatulika  bo mu Bushinwa. Ni uburyo bwemeza...

Ubucuruzi

Raoul Nshungu Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) iravuga ko mu ngengo y’Imari ya 2025-2026 hari ibicuruzwa byasonewe umusoro ahandi uragabanywa. Ku wa 12 Kamena 2025,...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities