Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Imfungwa n’abagororwa binjirije Leta asaga miliyari imwe n’igice

Gereza ya Mageragere yubatswe n'imfungwa n'abagororwa. (Photo/Courtesy)

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS: Rwanda Correctional Service)  mu mwaka w’ingengo y’imari ushize wa 2015-2016 rwinjije amafaranga y’u Rwanda asaga milijyari 1,6.

Ayo mafaranga yaturutse ku mirimo ikorwa n’imfungwa n’abagororwa. Ibyo bikaba biri mu rwego rwo kwigira, abagororwa nabo bakagira uruhare mu kubaka igihugu cyabo.

Aya mafaranga yinjijwe na RCS angana na 26% by’ingengo y’imari Leta itanga mu gutunga imfungwa n’abagororwa, kuko mu mwaka wa 2015-2016 Leta yatanze miliyari 6.

Ibikorwa byinjiza amafaranga bikorwa n’imfungwa n’abagororwa mu magereza arandukanye n’ingando z’abakora imirimo nsimburagifungo ifitiye igihugu akamaro (TIG), ni ubwubatsi bw’amacumbi y’abatishoboye, guhanga imihanda no gukora ibiraro, ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’imyuga itandukanye nk’ububaji, gusudira, ubudozi n’ubukorikori.

Imirimo ikorwa n’abagororwa bari mu ngando za TIG yinjije miliyoni zisaga 340 na ho amafaranga yaturutse ku mirimo yakozwe n’abagororwa bari mu magereza yo asaga miliyoni 362.

Ubuhinzi bukorerwa mu magereza bwinjije amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 267, na ho imirimo rusange  itishyurwa ifite agaciro k’asaga miliyoni  476;  mu gihe amafaranga akomoka ku mirimo yakozwe n’abagororwa akagurwa amafunguro y’inyongera y’abarwayi n’abasaza bafunze asaga miliyoni 17,6.

Kuva mu kwezi kwa Nyakanga  2016  kugeza ku itariki ya 31 Ukuboza 2016 amafaranga RCS imaze kwinjiza akomoka ku musaruro asaga miliyoni  239,6.

Mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2015-2016  abagororwa bubatse Gereza ya Mageragere, iya Rwamagana, Rubavu ndetse n’ishuri ry’amahugurwa rya RCS, agaciriro  k’amafaranga akomoka kuri iyo mirimo n’amafaranga angina na 515,709,000.

Bivuze ko  iyo mirimo iyo idakorwa n’abagororwa ni yo mafaranga leta yari kuyishyura ba rwiyemezamirimo. Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari ya 2016-2017 ibihembwe byawo bibiri,  imirimo imaze gukorwa n’abagororwa bubaka gereza ya Mageragere, iya Rubavu, iya Rwamagana ndetse n’ishuri ry’amahugurwa rya RCS ifite agaciro k’amafaranga angina na 217,460,000.

Safari Placide

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities