Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League, wahuje Paris Saint-Germain na Bayern Munchen, amakipe ari muyo u Rwanda rukorana nayo muri Visit Rwanda.
Uyu mukino wakinwe kuri uyu wa Kabiri tariki ya 28 Mata 2026, ukinirwa kuri Stade ya Parc des Princes ukurikirwa n’abarimo Nicolas Sarkozy wabaye Perezida w’u Bufaransa, Perezida wa Paris Saint Germain Nasser Al-Khelaïfi n’abandi.
Iminota 90 y’umukino yarangiye Paris Saint-Germain itsinze Bayern Munchen ibitego 5-4.
Ibitego byayo byatsinzwe na Khvicha Kvaratskhelia watsinze bibiri, João Neves watsinze kimwe, na Ousmane Dembélé watsinze bibiri, mu gihe ibya Bayern Munich byatsinzwe na Harry Kane, Michael Olise, Dalot Opamecanoo na Luis Díaz.
Ni umukino wagize umwihariko wo kubonekamo ibitego byinshi nyuma y’uwa ½ muri European Cup wo mu 1960, Eintracht Frankfurt yatsinzemo Rangers 6-3.
Umukino wo kwishyura uzabera mu Budage kuri Allianz Arena, ku wa Gatatu tariki ya 6, Gicurasi, 2026.
Paris Saint Germain yageze muri ½ isezereye Liverpool yo mu Bwongereza ku giteranyo cy’ibitego 4-0 mu mukino wabaye ku wa 14 Mata, 2026.
Nyuma y’iyo ntsinzi, Umukuru w’Igihugu ku wa 15 Mata 2026 yashimiye iyi kipe abinyujije kuri X ko yageze muri iki cyiciro, n’izindi kipe z’abafatanyabikorwa ba Visit Rwanda.
Paris Saint-Germain isanzwe ifitanye imikoranire na Leta y’u Rwanda binyuze muri gahunda ya ‘Visit Rwanda’ ubwo bufatanye bukaba bwaratangiye kuva 2019, ariko buza kuvugururwa mu mwaka wa 2025, imikoranire ikazageza mu 2028.
Ayo masezerano agena ko PSG yamamaza Visit Rwanda ku kibuga cyayo, Parc des Princes, ikambara imyambaro yanditseho Visit Rwanda no mu gihe iri mu myitozo.




















































































































































































