Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gatsibo: Inteko z’abaturage zifite uruhare runini mu mibereho myiza yabo

Umukuru wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’ Uburasirazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Dismas Rutaganira, aganira n'abaturage bo mu kagari ka Gihuta, Umurenge wa Rugarama mu karere ka Gatsibo (Photo/Courtesy)

Panorama

Abaturage bo mu kagari ka Gihuta, Umurenge wa Rugarama, mu karere ka Gatsibo,  barashima uruhare Inteko z’abaturage zifite mu gukemura ibibazo by’abaturage ndetse zikabagira inama z’uburyo bakwiriye kubana neza, no kwirinda amakimbirane atandukanye. Baravuga ko byatumye imanza bamwe muri abo baturage bajyanaga mu nzego z’ubutabera nko mu Bunzi no mu nkiko zigabanyuka.

Nk’uko tubikesha Polisi y’u Rwanda, ibi   babitangaje ku itariki ya 20 Gashyantare 2018, ubwo bari mu Nteko rusange y’abaturage y’aka kagari  isanzwe iba kuri uwo munsi.

Ni Inteko yari yitabiriwe kandi n’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bukorera mu Ntara y’Uburasirazuba, bukaba bwarabaganiriye ku ruhare rwabo mu kwicungira umutekano no gukumira ibyaha.

Umukuru wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’ Uburasirazuba, Assistant Commissioner of Police (ACP) Dismas  Rutaganira, yabaganirije ku ngingo zitandukanye zirimo uko bajya bicungira umutekano, buri wese asabwa kuba ijisho rya mugenzi we.

Yababwiye ko ibyiza ari ugukumira ibyaha bitaraba, abafitanye ibibazo bagafatanya n’abaturanyi babo n’inshuti nsetse n’Inteko z’abaturage kubikemura mu mahoro; aho kubijyana mu nkiko kuko bituma batakaza umwanya ndetse n’imitungo.

Yababwiye kandi ko bafite uruhare runini mu kubungabunga umutekano w’igihugu cyane cyane batanga amakuru ku nzego z’umutekano n’izindi, kugira ngo habeho gukumira. Anabashimira uburyo bikemurira ibibazo bitandukanye binyuze muri izi nteko.

ACP Rutaganira, yanabashimiye ubufatanye n’imibarire myiza iri hagati yabo na Polisi y’u Rwanda. Yabashimimiye uruhare bagaragaje, ubwo bo ubwabo, bagaragaje igitekerezo cyiza cyo kubakira abapolisi amacumbi n’ibiro  ikoreramo muri uyu murenge, hanyuma banabishyira mu bikorwa.

Umuyobozi w’akagari ka Gihuta, Ruzindana Jean Claude, yashimiye Polisi y’u Rwanda  kuba bakorana neza mu bikorwa bitandukanye, birimo kwibungabungira umutekano ndetse n’ibindi biteza imbere imibereho myiza y’abaturage muri aka kagari.

Yavuze ko izi nteko z’abaturage zabafashije cyane kuko zagiye zikemura ibibazo byinshi. Yagize ati: “iyo umuturage azanye ikibazo muri iyi nteko, biratworohera, kuko abacamanza baba abaturanyi be, abavandimwe ndetse n’inshuti; ku buryo ikibazo cye gihita gikemukira aho. Iyo kidakemutse, ni bwo nk’abayobozi dushobora kubigiramo uruhare.”

Iyi nteko yari yitabiriwe n’abaturage bagera kuri 500, bakaba bariyemeje guca burundu amakimbirane n’ibindi bibazo bashobora guhura na byo, kugira uruhare mu kwibungabungira umutekano ndetse no kwitabira gahunda zose za Leta zigamije imibereho myiza yabo.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities