Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Irani Abbas Araghchi yageze mu Burusiya ngoo aganire na Perezida w’iki gihugu Vladmir Putin ku bibazo biri mu Burasirazuba bwo Hagati.
Uru rugendo ruri muri gahunda yo gusura n’ibindi bihugu birimo na Oman, ubu bukaba ubwami Irani isangiye umuhora wa Hormuz.
Nta makuru arambuye aratangazwa ku byo Araghchi aganira na Putin, icyakora birakekwa ko bari butinde ku byakorwa ngo harebwe uko Irani yakwitwara neza mu biganiro igirana na Amerika muri iki gihe cy’intambara ihuje ibihugu byombi.
Bisa n’aho Irani ishaka kwigira ku bunararibonye bwa Putin mu kuvumbura amayeri ya Amerika no kwirinda kugwa mu mutego wayo mu biganiro bagirana.
Al Jazeera yanditse ko intego ari ukugabanya ubukana bw’amakimbirane mu Burasirazuba bwo Hagati no guhuza imyanzuro ku bibazo biriho, cyane cyane ibijyanye n’intambara n’umutekano.
Amakuru kandi aravuga ko Isiraheli yo ikomeje intambara kuri Libani aho ikomeje kwibasira abarwanyi ba Hezbollah ndetse ngo hari umuntu umwe wahitanywe n’igisasu bivugwa ko cyarashwe n’ingabo za Isiraheli.
Mu gihe Irani iri kongera imbaraga mu dipolomasi ishaka uruhare rukomeye mu gukemura ibibazo byo mu karere, umutekano mu Burasirazuba bwo Hagati ukomeje kuba mubi, cyane cyane muri Libani na West Bank.
Ibi byose bigaragaza ko Akarere gakomeje kuba mu bihe bikomeye bya politiki n’umutekano muke.


















































































































































































