Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Imitwe ya politiki yihaye umukoro wo kurushaho kwegera abaturage

Raoul Nshungu

Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere -RGB rugaragaza ko mu bushakashatsi bwakoze mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2023-2024, harebwa uko abaturage bazi Imitwe ya Politiki n’uko babona uruhare rwayo mu guteza imbere ihame ry’imiyoborere myiza.

Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda yihaye umukoro wo kurushaho kwegera abaturage kugira ngo irusheho gufatanya na bo kugira uruhare mu miyoborere y’igihugu.

Ku wa 9 Gicurasi 2025, hateranye inama Nyunguranabitekerezo ku ruhare rw’Imitwe ya Politiki mu guteza imbere imiyoborere mu Rwanda, mu Cyerekezo 2050, yateguwe n’Ihuriro ry’Imitwe ya Politiki -NFPO na RGB, yitabiriwe na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’abagize Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda uko ari 11.

Muri iyo nama hagrutswe ku bushakashatsi ngarukamwaka ku miyoborere bukorwa  na  RGB, buzwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS), bugaragaza  ko abaturage banyuzwe n’uruhare rw’Imitwe ya Politiki mu guteza imbere imiyoborere y’u Rwanda  ku kigero 67.4%.

Mu bindi byagaragajwe n’ubu bushakashatsi ni uko Inkingi y’umutekano nk’imwe mu nkingi z’imiyoborere ikiza ku isonga n’amanota 93,92%. Inkingi yo kubahiriza amategeko ikagira 88.5% na ho iy’Uburenganzira mu bikorwa bya Politiki yagize amanota 88%.

Ishoramari riganisha ku mibereho myiza y’abaturage ni yo nkingi iza ku mwanya wanyuma n’amanota 75,2% ibanzirizwa n’iyo Gutanga serivisi zinoze ni zo ziza inyuma n’amanota 75,7%.

Akarere ka Gicumbi n’amanota 79% ni ko kaza ku Isonga mu kugira abaturage bumva kurusha abandi uruhare rwayo mu guteza imbere ihame ry’imiyoborere myiza, na ho Akarere ka Nyanza kaza ari aka nyuma.

Muri ibi biganiro urwego rw’iguhugu rw’imiyoborere ndetse na Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu –MINALOC, basaba abagize imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda kwegera abaturage ariko banabigisha uburyo bakwikemurira ibibazo byabo.

Umuvugizi Wungirije wa NFPO, Dr Rutebuka Balinda, avuga ko ubundi umutwe wa Politiki mu nshingano ufite harimo no guteza imbere imiyoborere myiza, ku mukoro bakuye muri ibi biganiro wo kwegera abaturage bakuye muri ibi biganiro.

Agira ati “Dusabwa kwegera abaturage, kuko Umutwe wa Politi ubaho ari uko ufite abayoboke kandi abo bayoboke bava mu baturage. Nk’imitwe ya politiki, dutwaye umukoro wo kurushaho kubegera ari ukubagaragariza gahunda z’Imitwe ya politiki ndetse n’izindi gahunda za Leta tubagaragariza uburyo zose zishyira hamwe kugira ngo zimuteze imbere.”

Usibye uko abaturage babona uruhare rw’Imitwe ya Politiki mu guteza imbere imiyoborere mu Rwanda, ariko imibare yerekana ko 21,2% by’abaturage batazi ikigendanye n’imikorere yayo.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Football

Panorama Sports Muhire Kevin, wamaze gutandukana na Rayon Sports nyuma yo gusoza amasezerano ye yamaze kwerekeza mu ikipe yitwa Jamus FC yo mu icyiciro...

Amakuru

Panorama Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC)iravuga ko ifite intego y’uko myaka 5 iri mbere abanyura mu mashuri y’incuke bazaba bageze kuri 65%. Ibi byagarutsweho kuwa 13...

Ahandi

Raoul Nshungu Papa Leo XIV yagize Joseph Lin Yuntuan Musenyeri, aba uwa mbere mu mateka ya y’Abakristu Gatulika  bo mu Bushinwa. Ni uburyo bwemeza...

Ubucuruzi

Raoul Nshungu Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) iravuga ko mu ngengo y’Imari ya 2025-2026 hari ibicuruzwa byasonewe umusoro ahandi uragabanywa. Ku wa 12 Kamena 2025,...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities