Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Impinduka muri Guverinoma y’u Rwanda, Hashyizweho Ministeri y’ishoramari rya Leta

Prof Ngabitsinze Jean Chrysostome yasimbuye Beatha Habyarimana muri MINICOM

Muri Guverinoma y’u Rwanda hinjiyemo Minisiteri itari isanzwe ikaba ishinzwe ishoramari rya Leta. Iyi minisiteri ije ikuriye ibigo bishya byagaragaye mu myanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 29 Nyakanga 2022.

Itangazo ryo ku wa 30 Nyakanga 2022 ryashyzweho umukono na Minisitiri w’intebe rigaraza ko Perezida wa Repubulika yashyizeho abayobozi nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe mu 2015 cyane cyane mu ngingo zaryo iya 112 n’iya 116.

Dr. Ngabitsinze Jean Chrysostome wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi yagizwe Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda. Yasimbuye Beatha Habyarimana winjiye muri guverinoma muri Werurwe 2021.

Eric Rwigamba yagizwe Minisitiri w’ishoramari rya Leta (Ministry of Public Investment and Privatization). Iyi ni Minisiterui itari isanzweho.

Dr Ildephonse Musafiri yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, asimbuyeyo Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome. Yakoraga muri Perezidansi ya Repubulika ari Umuyobozi Nshingwabikorwa (Executive Director of the Strategy and Policy Council -SPC)

Dr Yvonne Umulisa yagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ishinzwe ishoramari rya Leta, akaba na we atangiranye na yo. Yari umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda.

Panorama

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities