Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gatare Wigeze Kuba Umujyanama Wa Perezida Kagame Yahawe Izindi Nshingano

Inama y’Ubutegetsi y’Ishuri Nyafurika ry’Imiyoborere bita Africa School of Governance riherutse gutangira imirimo yashyizeho Francis Gatare nka Perezida waryo.

Mu nshingano nyinshi yagize, Francis Gatare yabaye n’Umujyanama wihariye wa Perezida, inshingano nshya akaza kuzitangira kuri uyu wa 01, Ugushyingo, 2025.

Mu gusobanura icyabateye gushyiraho Gatare ngo ayobore iri shuri, abagize iriya nama batangaje ko rikeneye umuyobozi uzi neza icyerekezo cy’abarishinze, kandi urimenyereye kugira ngo rigere ku ntego zaryo.

Gatare yashimiye abamugiriye ikizere bakamuha izo nshingano.

Ati: “Nishimiye cyane ko mpawe izi nshingano nshya muri ASG. Nk’uwabaye mu Nama y’Ubutegetsi ya ASG kandi nyobowe n’icyerekezo cy’abarishinze kandi duhuje intego yo kurema igisekuru cy’abayobozi ba Afurika bafite indangagaciro y’ubunyangamugayo, guharanira gukora neza no gukorera abaturage.”

Gatare uri mu bayoboye itsinda rya tekinike ryashyizeho ibyahereweho hashingwa iri shuri kandi inama y’Ubutegetsi ivuga ko ubunararibonye afite bumwemerera kuzageza iri shuri ku rwego rwiza.

Mu Ukuboza, 2024, nibwo Gatare yagizwe Umujyanama wihariye muri Perezidansi ya Repubulika.

Mbere yari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB akaba yarakoze no mu zindi nzego nkuru z’ubuyobozi bw’u Rwanda.

Gutangiza amasomo muri Ishyuri Nyafurika ry’Imiyoborere byabaye ku wa 25, Nzeri, 2025, uwo muhango ukaba waritabiriwe n’abanyeshuri 51 bo mu bihugu 14 by’Afurika.

Abanyeshuri bari bahari bakomoka mu Rwanda, Uburundi, Cameroon, Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo, Ethiopia, Ghana, Kenya, Mali, Nigeria, Sudani y’Epfo, Gambia, Tanzania, Uganda na Zimbabwe.

Gushinga iri shuri byatangiriye ku nama za Perezida Paul Kagame na Hailemariam Desalegn wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia.

Mu bandi bagize Inama y’Ubutegetsi harimo Donald Kaberuka wayoboye Banki Nyafurika y’Amajyambere (BAD).

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Kwibuka

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga bwongeye kwibutsa abaturage kwitegura neza ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bushimangira akamaro ko...

Football

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, yatangaje ko u Rwanda rwamaze gutanga kandidatire yo kwakira irushanwa rya African Nations League...

Football

Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki ya 01 Mata 2026 ari umunsi w’ikiruhuko ku gihugu...

Amakuru

Our Reporter Nairobi, Kenya, 01 April 2026:  Livestock diseases continue to pose a significant threat to farmers’ livelihoods, food security and public health in...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities