Connect with us

Hi, what are you looking for?

Football

Senegali Yegukanye Igikombe Cya Afurika 2025

Panorama Sports

Ku mugoroba wo ku Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026, Ikipe y’umupira w’amaguru y’igihugu ya Senegali yegukanye igikombe cya Afurika 2025, nyuma yo gutsinda Maroc igitego 1-0. Igikombe cya Afurika 2025 cyaberaga muri Maroc.

Muri uyu mukino warimo guhangana n’imvururu zirimo kutemera ibyemezo by’abasifuzi, Maroc yaje kubona penaliti ku munota wa karindwi mu munani yari yongeweho nyuma y’uko amakipe yombi yanganyaga 0-0.

Ni penaliti yakorewe Brahim Diàz nyuma yo gusunikirwa mu rubuga rw’amahina, ariko abanya-Senegali ntibemeranya n’iki cyemezo cy’umusifuzi ahubwo bahitamo kuva mu kibuga n’ubwo Sadio Mané yahise abasaba kukigarukamo nyuma y’iminota igera kuri 15.

N’ubwo bagenzi be bakomeje kutishimira imisifurire ya Jean-Jacques Ndala ukomoka muri RDC, bubashye icyemezo cya Mané, baragaruka bemera ko penaliti iterwa ndetse ifatwa neza na Edouard Mendy wayihawe na Brahim Diàz.

Iyi penaliti ikimara gufatwa neza n’umunyezamu, Mendy, umusifuzi yahise avuga ko umukino urangiye maze amakipe yombi ajya mu minota 30 y’inyongera.

Nta bwo Senegali yatinze kubona kuko ku munota wa 100, Pape Gueye, yarekuye ishoti rikomeye ry’ukuguru kw’imoso, maze Yassin Bunu ntiyabasha gukuramo uwo mupira uhita uruhukira mu rushundura.

Ni igitego bacunze kugeza umukino urangiye, maze Abanyasenegali bahita begukana igikombe cya kabiri kikurikiranya nyuma yo kwegukana icya 2021 ubwo batsindaga Misiri kuri penaliti 4-2 nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 0-0.

Ikipe ya Gatatu, yabaye Nigeria yatsinze Misiri kuri penaliti 4-2 nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 0-0 mu mukino wabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 17 Mutarama 2026.

Umunyezamu mwiza w’irushanwa, yabaye Yassine Bounou wa Maroc, uwatsinze ibitego byinshi aba Brahim Diàz [5] nawe wa Maroc mu gihe umukinnyi mwiza w’irushanwa, yabaye Sadio Mané wa Senegali.

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities