Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Gen Muhoozi arasubiza abamushinja kuvuga neza Perezida Kagame

Raoul Nshungu

Umugaba mukuru w’ingabo za Uganda yavuze ko Perezida Kagame adakeneye abamuvuga neza kuko ibikorwa bye bivuga ubwabyo ndetse ko kumurwanya ari ikosa ribi.

Ibi byazamuwe n’ubutumwa Gen Muhoozi Kainerugaba yanditse kuri  X buherekejwe n’ifoto ya Perezida Kagame agira ati “Natanga igitekerezo ko ari igikorwa kibi cyane kurwanya data wacu, Afande Paul, ukomoka muri Uganda. Ni bibi cyane!”

Umwe mu basubije witwa Sheilla Kamuzinzi kuri X agira ati “Hagati aho imitoma iravuza ubuhuha. Ngo kandi uyu na we akumva yayobora igihugu. Africa turacyafite urugendo rurerure.”

Gen Muhoozi nawe adatinze yahise amubwira ko Afande Paul(Nk’uko asanzwe amwita) adakeneye imimota kuko afite ibikorwa ndetse anamugaragariza ko yabaswe n’urwango ariyo mpamvu ari mu buhumyi.

Agira ati “Yego imitoma kuko mwebwe mwabaswe n’urwango rwatumariye abantu. Niba koko ari wowe uri kuri iyi foto, amagambo yawe n’isura yawe ntibihura. Niba atari wowe, va mu buhumyi no kwiyoberanya.”

Yakomeje amubwira ati “Afande Paul ntakeneye imitoma-agira ibikorwa. Gushaka kumuzimya ni ukwishora mu muriro, kumurwanya ni ukuturwanya.”

Gen Muhoozi Kainerugaba akaba n’umuhungu wa Perezida Museveni agaragaza  cyane ko Perezida  Kagame ari intwali ikomeye ndetse akongera ko uwanga Kagame ubwo abari umwanzi we.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Amakuru

Muri iki cyumweru, Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga (MPC) iraterana kugira ngo isuzume imiterere y’ubukungu bw’imbere mu gihugu n’ubw’isi muri rusange. Izanafata umwanzuro ku gipimo...

Ubucuruzi

Rene Anthere Rwanyange Ubucuruzi hagati y’u Bushinwa na Afurika umwaka ushize bwageze ku mari yo hejuru butigeze bugeraho mbere, gusa buracyohereza muri Afurika hafi...

Amakuru

Pariki y’Igihigu y’Akagera yatangaje ko mu mwaka wa 2025 yinjirije u Rwanda, asaga miliyari 7,2 z’amafaranga y’u Rwanda (Miliyoni $5,06 ) avuye mu bikorwa...

Amakuru

Panorama Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, na mugenzi we wa Angola, João Lourenço, barasaba ko hatangizwa byihutirwa uburyo bwo kugenzura...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities