Connect with us

Hi, what are you looking for?

AMATORA 2017

Karongi: Umukandida Frank Habineza yakiriwe n’ikibuga cyambaye ubusa, Muhanga yakirwa na benshi

Umukandida w’ishyaka Riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza ubwo yageraga mu karere ka Karongi, murenge wa Kabano,  yasanze ikibuga cyera usibye abakunzi be bo asanzwe akura i Kigali abandi bari abanyeshuri bazaga kubera imbyino bumvaga bacuranga.

Yagerageje kujya muri centre ahabera isoko ahitwa ku i Rambura ariko ntibyatumye abaturage baza kumwakira kuko wabonaga basa n’abatamuzi kandi yakiriwe n’ubuyobozi bwite bwa Leta buhagariwe n’Umuyobozi w’Umurenge wa Kabano.

Ibi bitandukanye n’uko yakiriwe mu karere ka Rulindo aho wabonaga hari abaturage bake baje kumva imigabo n’imigambi ye; ariko kuba nta baturage bari baje ntibyabujije Habineza kugeza imigabo n’imigambi ye kuri bake baje, aho atagiye kure y’ibyo yavuze kuva yatangira kwiyamamaza aho yasubiye ku kibazo cyo guhuza ubutaka.

Umukandida  Habineza yagize ati “Karongi mufite ibibazo birimo icyo kurandurirwa imyaka; icyo kibazo nzakirangiza ku buryo muzahinga ibyo mushaka bibatunga, murya ibyo mukunze mukajyana ibisagutse ku isoko.”

Yagarutse kandi ku kibazo cy’uko natorwa azakuraho umusoro w’ubutaka, agafasha urubyiruko kwiteza imbere boroherezwa imisoro ku mishinga batangije, azongerara abakozi ba leta umushahara, akibanda cyane cyane ku bashinzwe umutekano barimo ingabo na polisi, akonegerera umushahara abarimu, abaganga n’abandi.

Agira ati “umusoro nzawugabanyaho 20% ku misoro itangwa yose abacuruzi basora”.

Umukandida w’Ishyaka Riharanira demokarasi no kurengera ibidukikije yakomereje mu karere ka Muhanga riko ho yakiriwe n’abaturage benshi ugeranyije naho yahereye mu turere dutandukanye amaze kwiyamarizamo, baje kumva imigabo n’imigambi ye. Muri ako karere yakiriwe n’Umuyobozi w’Umurenge wa Nyarusange.

Aho i Nyarusange, Habineza ntiyagiye kure y’ibyo yavugiye i Karongi n’ahandi yiyamamarije.

Dr Frank Habineza azakomereza ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu turere twa Nyanza na Gisagara.

Mutesi Scovia

Muhanga: Abaturage baje ari benshi kumva imigabo n’imigambi ya Habineza Frank, Umukandida w’Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije (Photo/Scovia)

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities