Connect with us

Hi, what are you looking for?

AMATORA 2017

Rulindo: Umukandida Habineza Frank yakiriwe n’ubuyobozi bw’akarere

Dr Frank Habineza ageza ku baturage ba Rulindo imigabo n'imigambi ye (Photo/Scovia M.)

Ubwo yageraga aho agomba kwiyamamariza, mu karere ka Rulindo, Umurenge wa Base, ku wa 19 Nyakanga 2017, umukandida w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije, Dr Frank Habineza, yahawe ikaze n’Umuyobozi w’ushinzwe imiyoborere myiza muri ako karere, Mujijina Jurithe.

Ku kibuga cy’amashuri y’Ikigo cya Kiruri, niho Habineza Frank yiyamamarije, nyuma y’uko yangiwe kwiyamamariza aho yari yatse mbere, akarere kavuga ko hegereye cyane isoko.

Habineza yakiriwe n’abaturage batari bake, aho umuyobozi ushinzwe imiyoborere mu karere yamuhaye ikaze akanamwifuriza amahirwe, anibutsa abaturage ko Habineza ari umukandida wemewe n’amategeko aribo ubwabo bafite amahitamo y’uzabayobora.

Habineza yashimiye abaturage n’ubuyobozi bamwakiriye, anabashimira ibyiza bamaze kugeraho ariko kandi abasaba ubufatanye kugira ngo ibyo batagezeho babigereho.

Habineza ntiyagiye kure y’ibyo yavugiye mu tundi turere birimo ko bagomba gushaka umutekano w’ubuzima kuko inzara itera imibereho mibi, kubaha amazi meza, kongera ibikorwaremezo no gukuraho umusoro w’ubukode bw’ubutaka.

Agira ati “ nimuntora nzakuraho umusoro w’ubukode bw’ubutaka kuko ni impano ya basogokuruza bacu, ntidukwiye kubyishyurira. Imanza zaciwe zikwiye kurangizwa, inkiko zikigenga, abaturage bakagira icyizere cy’inzego z’ubutabera kuko hari n’abanga gutaha barahunze baziko bageze mu Rwanda bafungwa. Ibyo biva ku cyizere gike bagirira ubutabera. Kuri gahunda ya Girinka munyarwanda abatishoboye bahabwe amatungo magufi kuko inka iravuna kuyorora, kuko ntiwaba utishoboye ngo ushobore inka ariko amatungo magufi ntiyamunanira, tuzabaha amatungo magufi.”

Ikindi yagarutseho ni ukugabanya umusoro w’ibicuruzwa, kongera imishahara y’abakozi barimo abasirikare, abapolisi, abarimu n’abaganga n’abandi bakozi ba Leta avuga ko bahembwa intica ntikize.

Ku bwisungane mu kwivuza, Habineza yabwiye abaturage bo mu karere ka Rulindo ko bukwiye kugira agaciro, umurwayi yajya kwa muganga agahabwa imiti yose ndetse byaba ngombwa akajya no kuvurirwa hanze y’igihugu.

Bamwe mu baturage bakurikiye ibiganiro bya Habineza Frank bavugako kuba yabakuriraho umusoro w’ubutaka ari ikintu cyaba gikomeye cyatuma bamutora kuko bdakwiye kubusorera kandi batabucuruza, bavuga kandi ko bishobotse mituweli igashyirwa mu bikorwa nk’uko abivuga byaba byiza.

Mutesi Scovia

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities