Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Imitwe ya Politiki iramaganira kure ibirego bya EUmku Rwanda

Raoul Nshungu

Imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda igaragaza ko ibyo Inteko Ishinga amategeko y’Uburayi (EU) ivuga ko mu Rwanda nta bwisanzure bwa Politiki buhari, ari ibinyoma bigamije guharabika u Rwanda ndetse ko bibaye bihari babyivugira.

Byagarutswe ho tariki ya 15 Nzeli 2025 ubwo Inteko Ishinga amategeko imitwe yombi y’u Rwanda yateranaga irebera hamwe ibikubiye mu myanzuro y’inteko ya EU harimo gusaba gufungura Ingabire Victoire ndetse banarega u Rwanda ko nta bwisanzure bwo gutanga ibitekerezo rutanga cyane ku banyapolitiki.

Abanyapolitiki batandukanye bamaganye iyi nteko y’Uburayi bavuga y’uko batari mu mwanya wo kuvugira amashyaka yo mu Rwanda kuko n’abo barabishoboye kandi ubwisanzure burahari.

Depite Nizeyimana Pie, akaba na Perezida w’Ishyaka riharanira Ubumwe bw’Abanyarwanda na Demokarasi (UDPR), yavuze ko ibyatangajwe n’Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi ku kuba mu Rwanda nta bwisanzure buhari, bigamije gusiga icyasha Igihugu n’Abanyarwanda.

Agira ati “Uwavuga ko mu Rwanda nta bwisanzure buhari njye ndavuga ko buhari njye ndi Umuyobozi w’Umutwe wa Politiki wemewe mu Rwanda, kandi ntabwo ndabona umuntu umpagararaho mu gihe ndi gutanga ibitekerezo icyiza ni uko dutanga ibitekerezo mu bwisanzure ariko tutabangamiye uburenganzira bwa bagenzi bacu.”

Depite Mukabunani Christine uyobora Ishyaka PS Imberakuri, umutwe wa Politiki utavuga rumwe na Leta, anenga Inteko Ishinga Amategeko y’Ubumwe bw’u Burayi yashinje Leta y’u Rwanda kubangamira ukwishyira ukizana kw’abatavuga rumwe na yo.

Agira ati ”Bariya bantu bagirango mu Rwanda ntabwo tuzi kuvuga bumva batuvugira,kuko iyo bavuga ngo Opposition y’u Rwanda barayihohotera … twese tunaniwe kubyivugira ntabwo ari abavugizi bacu rwose”

Hon Mukabunani avuga ko amashyaka ya Opposition mu Rwanda ahari ndetse ko abazungu ataribo bagomba kuyavugira, aha anongera ko mu gihe igihugu kigabwe ho ibitero utazamenya ngo ni uwuhe amashyaka yose agomba kurinda ubusugire bw’igihugu.

Umwanzuro wafshwe n’inteko y’u Rwanda imitwe yombi biteganyijwe ko uzashyikirizwa Inteko ya EU, Visi Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’u Burayi Ushinzwe Uburenganzira bwa Muntu, Inama na Komisiyo n’ibihugu by’Ubumwe bw’u Burayi, Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Loni, Guverinoma y’u Rwanda.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities