Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Perezida Kagame mu ruzinduko rw’akazi muri Qatar

Panorama

Perezida Paul Kagame yageze i Doha muri Qatar aho ari kugirira uruzinduko rw’akazi kuva mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki 24 Gicurasi 2026, kuganira n’Umuyobozi w’Ikirenga, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.

Ibiro Ntaramakuru bya Qatar, Qatar News Agency, byanditse ko akigera ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya Doha, Umukuru w’Igihugu yakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta Minisitiri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar, Dr. Mohammed bin Abdulaziz bin Saleh Al Khulaifi.

Ibiro by’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, byanditse ko Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yaganiriye na Perezida Kagame ku mubano uri hagati y’ibihugu byombi n’uburyo bwo kuwagura.

Ibiro by’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, byanditse ko Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani yaganiriye na Perezida Kagame ku mubano uri hagati y’ibihugu byombi n’uburyo bwo kuwagura.

Amakuru avuga kandi ko Emir wa Katari yashimiye Perezida Kagame ku mubano ibihugu byombi bifitanye mu nzego zinyuranye, hagamijwe inyungu rusange ku bihugu byombi.

Abakuru b’ibihugu byombi banaganiye ku bibazo bireba urwego mpuzamahanga ndetse n’akarere by’umwiharik, hagamijwe mu kugira uruhare mu kwimakaza amahoro n’umutekano.

Umubano w’ibihugu byombi umaze gushing imizi, aho ku wa 19 Mata 2026, Umuyobozi w’ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Ali Thani, yakiriye ubutumwa bwa Perezida Kagame, buvuga ku gushyigikira no guteza imbere umubano w’ibihugu byombi.

Ubutumwa bwa Perezida Kagame bwajyanwe i Doha na Dr. Vicent Biruta, Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu bwakirwa na mugenzi we wo muri Qatar, Sheikh Khalifa bin Hamad bin Khalifa Al Than.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim Bin Hamad Al Thani ku wa 20 Ugushyingo 2025 yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda rwari rugamije gushimangira umubano.

Muri urwo ruzinduko, Perezida Kagame yamugabiye inka z’Inyambo, nk’igisobanura cy’ubucuti, kubahana n’umubano mwiza hagati y’abayobozi bombi hamwe n’ibihugu byabo.

U Rwanda na Qatar kandi byagiye bisinya amasezerano agamije kwagura no kunoza umubano arimo n’ayo gukuraho Visa ku baturage.

Sosiyete z’indege z’Ibihugu byombi, RwandAir na Qatar Airways zifitanye imikoranire.

Qatar inafite imigabane ingana na 60% mu mushinga w’Ikibuga cy’Indege cya Kigali kiri kubwaka mu Karere Bugesera, kizazaba gifite ubushobozi bwo kwakira abagenzi miliyoni 14 ku mwaka.

Uretse ubucuruzi, mu Rwego rw’umutekano, Polisi y’u Rwanda n’Urwego Rushinzwe Umutekano imbere muri Qatar, Lekhwiya, byasinye amasezerano y’imikoranire agamije gushimangira ubufatanye bw’impande zombi mu byerekeye umutekano no guhangana n’ibyaha.

 

 

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities