Connect with us

Hi, what are you looking for?

Ahandi

Baterewe Icyuma Muri Gari Ya Moshi

Mu Bwongereza abaturage bacitsemo igikuba nyuma y’uko umuntu asanzwe abagenzi muri gari ya moshi akabatera ibyuma agasiga ubuzima bw’abantu icyenda buri hagati y’urupfu n’umupfumu.

Polisi yo muri iki gihugu ahitwa Huntingdon muri Cambridgeshire ivuga ko hari abantu babiri bafashwe ngo bakurikiranwe kuri icyo gitero, ikemeza ko hari n’abandi igishakisha.

Abakomerekejwe n’icyo cyuma gityaye cyane kandi kirekire bajyanywe mu bitero ngo bapfukwe baterwe n’amaraso kuko bavuye cyane

Muri rusange abantu icyenda nibo bakomeretse bikomeye n’aho umwe we ntibikomeye ndetse ashobora no kuva kwa muganga bidatinze.

Ishami rya Polisi y’Ubwongereza rishinzwe gucunga umutekano aho za gari ya moshi zica ryitwa Police Transport Force ryemeza ko kiriya gitero cyabaye mu ijoro ryakeye cyari gikomeye.

Chief Superintendent Chris Casey yabwiye Dailymail ati: “ Ni igitero gikomeye kandi giteye ubwoba. Mbere na mbere twihanganishije abo cyagizeho ingaruka ndetse n’imiryango yabo.”

Chris avuga ko iperereza ryagutse ryatangiye ngo hamenyekane uko cyateguwe n’abakigizemo uruhare bose.

Kiriya gitero cyabaye hashize igihe gito gari ya moshi ihagurutse ahitwa Peterborough, abagenzi bari bayirimo bakaba bahuye n’akaga ubwo uwo muntu yabafatiranaga abatunguye agatangira kubateragura ibyuma, abahungiye mu bwiherero n’aho akahabasanga.

Umuvuduko gari ya moshi iba ifite, ubwinshi bw’abitwaye n’uburyo icyo gitero cyakozwemo biri mu byatumye abantu bakomeretswa cyane n’icyo cyuma batewe.

Sky News yanditse ko ubwo Polisi yahageraga, yasanze abatewe ibyo byuma baryamye hasi bananiwe kweguka kuko bari baviriranye.

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Sir Keir Starmer yavuze ko ibyabaye bibabaje, afata mu mugongo imiryango y’abaturage bahuye n’ako kaga, kandi ashima uko Polisi yihutiye gutabara.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ibidukikije

Umushinga Green Amayaga watangije ku mugaragaro icyiciro cya kabiri cy’ibikorwa byawo, aho uteganya kwagura ibikorwa byo kubungabunga ibidukikije, kurwanya isuri no guteza imbere ubuhinzi...

Ubuzima

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, yasabye ibihugu bya Afurika kuva ku mihigo n’amasezerano yanditse bikibanda ku bikorwa bifatika, by’umwihariko mu guteza imbere...

Football

Panorama Sports Ikipe ya APR F.C yitegura imikino itandukanye mu mwaka mushya w’imikino wa 2026/27 yamaze kongera amaraso mashya mu batoza bayo, aho yongereyemo...

Football

Ingengabihe y’umwaka w’imikino wa 2026/27 muri BK Premier League yashyizwe ahagaragara, aho umukino uzahuza APR FC na Rayon Sports uteganyijwe ku munsi wa cyenda...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities