U Rwanda rwagize ibyago byo kubura Senateri Donatille Mukabalisa, witabye Imana azize uburwayi, nyuma y’igihe ari kwivuriza mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal i Kigali. Inkuru y’urupfu rwe yakiriwe n’agahinda n’abatari bake, by’umwihariko abo bakoranye mu nzego z’ubuyobozi no mu rwego rwa politiki.
Mukabalisa yari umwe mu banyapolitiki b’inararibonye bagize uruhare mu kubaka no gukomeza inzego za Leta nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yabaye ku myanya itandukanye y’ubuyobozi, harimo kuba Umudepite, Umusenateri ndetse yabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, inshingano yakoze kuva mu 2013 kugeza mu 2024.
Muri icyo gihe yibanze ku gushimangira imikorere y’Inteko Ishinga Amategeko, guteza imbere uburinganire no gukomeza ubufatanye n’inteko zishinga amategeko zo mu karere no ku rwego mpuzamahanga.
Yavutse ku wa 30 Nyakanga 1960 i Nyamata. Mbere yo kwinjira muri politiki yakoreye imiryango mpuzamahanga irimo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP). Yinjiye mu Nteko y’Igihugu y’Inzibacyuho mu 2000, nyuma atorerwa kuba Umudepite mu 2003. Mu 2011 yagizwe Senateri, mbere yo kongera gutorerwa kuba Umudepite no kuyobora Umutwe w’Abadepite.
Mu 2016 yatorewe kuyobora Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (PL), inshingano yakomeje kugeza igihe atabarukiye. Nyuma yo kurangiza manda ye yo kuyobora Umutwe w’Abadepite, yongeye kugirwa Senateri muri Nzeri 2024, akomeza gukorera igihugu muri Sena.
Biteganyijwe ko umuryango we n’inzego zibishinzwe bazatangaza gahunda y’ikiriyo n’ishyingurwa rye. Asize amateka y’umuyobozi wagize uruhare rugaragara mu guteza imbere imiyoborere myiza, kubaka inzego za demokarasi no guteza imbere ihame ry’uburinganire mu Rwanda.


























































































































































































