Connect with us

Hi, what are you looking for?

Amakuru

Senateri Donatille Mukabalisa wayoboye Inteko ishinga Amategeko yitabye Imana

U Rwanda rwagize ibyago byo kubura Senateri Donatille Mukabalisa, witabye Imana azize uburwayi, nyuma y’igihe ari kwivuriza mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal i Kigali. Inkuru y’urupfu rwe yakiriwe n’agahinda n’abatari bake, by’umwihariko abo bakoranye mu nzego z’ubuyobozi no mu rwego rwa politiki.

Mukabalisa yari umwe mu banyapolitiki b’inararibonye bagize uruhare mu kubaka no gukomeza inzego za Leta nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yabaye ku myanya itandukanye y’ubuyobozi, harimo kuba Umudepite, Umusenateri ndetse yabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, inshingano yakoze kuva mu 2013 kugeza mu 2024.

Muri icyo gihe yibanze ku gushimangira imikorere y’Inteko Ishinga Amategeko, guteza imbere uburinganire no gukomeza ubufatanye n’inteko zishinga amategeko zo mu karere no ku rwego mpuzamahanga.

Yavutse ku wa 30 Nyakanga 1960 i Nyamata. Mbere yo kwinjira muri politiki yakoreye imiryango mpuzamahanga irimo Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP). Yinjiye mu Nteko y’Igihugu y’Inzibacyuho mu 2000, nyuma atorerwa kuba Umudepite mu 2003. Mu 2011 yagizwe Senateri, mbere yo kongera gutorerwa kuba Umudepite no kuyobora Umutwe w’Abadepite.

Mu 2016 yatorewe kuyobora Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa Buri Muntu (PL), inshingano yakomeje kugeza igihe atabarukiye. Nyuma yo kurangiza manda ye yo kuyobora Umutwe w’Abadepite, yongeye kugirwa Senateri muri Nzeri 2024, akomeza gukorera igihugu muri Sena.

Biteganyijwe ko umuryango we n’inzego zibishinzwe bazatangaza gahunda y’ikiriyo n’ishyingurwa rye. Asize amateka y’umuyobozi wagize uruhare rugaragara mu guteza imbere imiyoborere myiza, kubaka inzego za demokarasi no guteza imbere ihame ry’uburinganire mu Rwanda.

Click to comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Izindi wakunda

Ubukungu

Mu gihe cy’iminsi itanu, kuva ku wa 20 kugeza ku wa 24 Nyakanga 2026, ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjirije u Rwanda...

Politiki

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, yatangaje ko amasezerano aherutse gusinywa hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC)...

Amakuru

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye urubyiruko rwitabiriye Itorero Indangamirwa icyiciro cya 16 gukomeza kubungabunga no guteza imbere ibyo igihugu cyagezeho, arwibutsa ko ahazaza...

Amakuru

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yongeye gukangurira urubyiruko kwita ku rurimi rw’Ikinyarwanda, arusaba kuruvuga no kurwandika mu buryo buboneye, agaragaza ko gusigasira ururimi kavukire...

Advertisement

Address:

KG 17 Av 37
Remera-ARJ/RMC House
Amahoro National Stadium
Registration Number: RMC/C/14/015
Accreditation: RURA/ICT/LIC/210181745

e-mail: editor.panorama.rw@gmail.com; panoramarw@gmail.com

Tel: 0788300359 -0733003020

Twitter: @PanoramaNewspa1; @reneanthere
Facebook: Panorama Newspaper

Services:

Panorama Newspaper, Animation, Conducting Community debates, Organizing Talk shows, Consultancy in Media, Photography, Newsletters, Magazines, Videos, Documentaries, Translation, Editing, Book publishing, Motion picture, video and television programme production activities, Motion picture, video and television programme postproduction activities
Motion picture, video and television programme distribution activities, Motion picture projection activities, Other information service activities n.e.c.
Other publishing activities, Publishing of newspapers, journals and periodicals
Radio broadcasting, Television programming and broadcasting activities